Abashinjacyaha b’i Paris mu Bufaransa bafunguye iperereza ku birego byo gufata ku ngufu bishinjwa umugore w’umuminisitiri winjiye muri guverinoma vuba ushinjwa n’abagore babiri bagenzi be.
Ibirego bibiri byarezwe umunyamabanga wa Leta w’u Bufaransa ushinzwe iterambere na Francophonie, Chrysoula Zacharopoulou wahoze ari umuganga w’abagore.
Amakuru yatangajwe n’ikinyamakuru Marianne nyuma yaje kwemezwa na AFP avuga ko ikirego cya mbere cyatanzwe ku ya 25 Gicurasi, bituma iperereza ritangira nyuma y’iminsi ibiri. Icya kabiri cyatanzwe ku ya 16 Kamena.
Aba bagore bombi bavuze ko Zacharopoulou wagizwe umunyamabanga wa Leta mu kwezi gushize, yabasambanyije ku gahato ubwo yakoraga imirimo ye y’umwuga we “mu rwego rw’ubuvuzi”.
Uyu mugore w’imyaka 46 y’amavuko, yabaye umwe mu bagize Inteko ishinga amategeko y’u Burayi ahagarariye ishyaka LREM rya Macron kuva muri 2019 nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga.
Umwaka ushize, guverinoma yahaye Zacharopoulou kwandika raporo kuri endometriose, uburwayi afiteho ubuzobere, yashyikirijwe perezidansi muri Mutarama.
Abaminisitiri benshi barashinjwe
Ibirego bishinjwa Zacharopoulou bije bikurikira ikirego cyo gufata ku ngufu cyarezwe Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Gérald Darmanin, cyaje guteshwa agaciro, ndetse n’icyarezwe Minisitiri w’ubufatanye, Damien Abad.
Abashinjacyaha bagaragaje ko badashaka gukora iperereza ku birego bashinja Abad. We yahakanye ibyo aregwa kandi adateganya kwegura muri guverinoma.
Muri iki cyumweru, abaminisitiri benshi bahatiwe kwegura nyuma yo gutakaza imyanya yabo mu matora y’abadepite yo ku cyumweru, ariko Perezida Macron yanze kwakiraubwegure bwa Minisitiri w’Intebe yashyizeho mu kwezi gushize.
Ibyavuye mu matora bikaba byaraje ari gishegesha ku ihuriro rya Perezida Macron ryatakaje ubwiganze mu teko ishinga amategeko.


