Kuri uyu wa Kabiri, urukiko rwo mu Bufaransa rwahamije abapolisi batatu icyaha cyo kwica umugabo w’umwirabura i Paris mu 2015 .
Umucamanza yavuze ko buri wese yakatiwe igifungo cy’amezi 15 y’igifungo gisubitswe nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Amadou Koume yapfuye nyuma yo gukubitwa hasi n’abapolisi bamusanze mu kabari, bakamuryamisha yubitse inda acyambaye amapingu ku maboko yabohewe inyuma akahamara iminota irenga itandatu.
Urukiko rwumvise mu gihe cy’iburanisha, ko Koume, izina rye ryahindutse intero y’imyigaragambyo yo kwamagana ihohotera rya polisi mu baturage bamwe na bamwe, yapfuye azize kubura umwuka buhoro buhoro nk’uko byemejwe n’impuguke y’umuganga.
Nyuma yo guca urubanza, Eddy Arneton, umunyamategeko w’umuryango wa Koume, yabwiye abanyamakuru ati: “Kumva ijambo ‘guhamwa n’icyaha’ birashimishije, ariko igihano kiroroshye.”
Umushinjacyaha yari yasabye igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe gisubitse, avuga ko hari hakenewe ingufu zikwiriye kugira ngo Koume atabwe muri yombi ariko ko abapolisi bakoze ikosa ryo kumurekera hasi gihe kirekire.
Nyuma y’urupfu rwa Koume, Umufaransa w’umwirabura Adama Traore w’imyaka 24 nawe yapfiriye mu maboko y’abapolisi b’Abafaransa mu nkengero za Paris, muri Nyakanga 2016.
Traore yafashwe n’abajandarume batatu nyuma y’amakimbirane ku kugenzura indangamuntu. Bivugwa ko yataye ubwenge mu modoka yabo maze apfira kuri sitasiyo ya polisi yari hafi.
Amakuru y’urupfu rwa Traore yateje uburakari no kwiheba muri rubanda rwiganjemo Abirabura.
Hakurikiyeho imyigaragambyo ikomeye maze bamwe mu baturage bahangana n’abapolisi, batwika imodoka n’inyubako.


