Pasiteri Aloysius Bugingo, arambaraye ku butaka we yise ubw’ i Kanani, yashimiye Imana ko yatumye atajya gufungirwa muri gereza ya Kitalya nyuma y’aho kuwa 21 Mutarama 2022, n’umugore we wa kabiri, Suzan Makula Nantaba, bari bitabye urukiko rw’ibanze rwa Entebbe i Kampala. Aba bombi baregwa n’umunyamategeko, Male Mabirizi Kiwanuka, ko barenze ku mategeko agenga ugushyingirwa muri Uganda, bagashakana. Bugingo aregwa ko yashatse undi mugore kandi uwa mbere, Teddy Naluswa Bugingo. nta gatanya yamuhaye. Nantaba we aregwa kujya kwerekana iwabo umugabo w’abandi. Bombi ibi byaha barabihakana. Uru rubanza rwari rutegerejwe n’abatari bake, Stella Okwang yategetse ko abaregwa bishyura amashilingi ya Uganda miliyoni eshatu, bakarekurwa. Ibi nibyo byarumye Bugingo yagiye mu materaniro ku rusengero. HPMI, yashinze akaba ari na we muyobozi warwo, yarambaraye ku butaka mu ” guha icyubahiro Imana ku bwo kutajya gufungirwa Kitalya.” Hagati aho, ubushinjacyaha buyobowe na Amerit Timothy bwasabye umwana ngo bukomeze gukusanya ibimenyetso no gukora iperereza kuri uru rubanza. Biteganyijwe ko urubanza ruzakomeza muri Gashyantare 2022.


