Pedro someone yahwituye urubyiruko rwibwira ko coronavirus yica abakuze gusa

Sangiza iyi nkuru

Umuhanzi Niyigena Jean Pierre uzwi nka Pedro Someone arakangurira urubyiruko kwirinda icyorezo cya Coronavirus, bikuramo imyuvire ko gihitana abakuze.

Mu minsi mike ishize, hari amakuru yacaracaye ku mbuga nkoranyambaga ko urubyiruko n’abakiri bato muri rusange badafatwa n’indwara ya Coronavirus. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima (OMS) ryatangaje ko iyi myumvire atari yo. OMS yavuze ko abakuze bashobora kwibasirwa cyane gusa ivuga ko urubyiruko narwo rwakwandura.

Avuga kuri iyi ngingo, umuhanzi akaba n’umuganga, yavuze ko urubyiruko rudawiye kwigira ntibindeba. Ati “ Urubyiruko ntirwakagombye kuvuga ko coronavirus yica abantu bakuze gusa! Ndashishikariza urubyiruko kwirinda coronavirus.

Iyi ndwara ni icyorezoco cyugarije Isi yose (pandemie)tugomba kucyirinda twese nk’Abanyarwanda kuko umuntu wese yaba umwana muto yaba umukuru ,ya umusaza twese icyo cyorezo cyatugeraho turamutse tutubahirije amabwiriza duhabwa na ministere y’ubuzima,”

Akomeza avuga ko hari icyamutangaje. Ati “ Natangajwe n’urubyiruko aho rwavugaga ko Coronavirus (COVID-19) ari indwara ifata abantu bakuze ariko nsanga rutakwirara kuko icyo cyorezo no mu rubyiruko iyo bacyanduye gishobora kubahitana.

Urugero rufatika ni umunyamakuru wo muri Zimbabwe uherutse guhitanwa na Coronavirus kandi afite imyaka 30.”

Pedro Someone kandi nk’umuforomo umaze imyaka 16 mu kazi avuga ko kaba ari akumiro kubona urubyiruko rwirenagagiza kwirinda kandi iyi ndwara iteje igihombo gihambaye. Ati “ Hari ikindi kandi cyo gufata igihe kinini uri mu bitaro ikindi kandi n’iyo ukize indwara umuntu wese agomba kumenya ko ashobora kugira ubusembwa nyuma yarakize bitewe n’ingaruka ziyo ndwara nabyo birashoboka,urubyiruko ni umubare mwinshi mu rwanda rugomba kwirinda kandi kwirinda kwa buri wese ni ukurinda mugenzi wawe.”

Imibare y’urubuga Worldo meters yerekana isegonda ku rindi uko icyorezo cya COVID-19 cyifashe ku Isi, yerekana ko iki cyorezo kimaze kugera mu bihugu 198 hirya no hino ku Isi. Abamaze kwandura iki cyorezo ni 472,030 ku Isi, mu gihe abo kimaze guhitana kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru ari 21,297

Kugeza ubu mu Rwanda harabarurwa abarwayi ba Coronavirus 41 gusa nta numwe biratangazwa ko yitabye imana azize iyi virus mu Rwanda nk’uko Minisiteri y’Ubuzima ibitangaza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *