Pegasus: Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, nawe yaba yarumvirijwe

Sangiza iyi nkuru

Ikinyamakuru Daily Monitor cyo muri Uganda kiravuga ko cyamenye ko na telephone ya Ambasaderi wa Uganda muri Loni yumvirijwe n’ikindi gihugu cyo muri Afurika kitatangajwe hakoreshejwe ikoranabuhanga rya Pegasus rikomeje kugaruka mu nkuru zitandukanye muri iyi minsi.

Mu nkuru yacyo, iki kinyamakuru cyatangaje ko Telephone ya Ambasaderi Adonia Ayebare yinjiriwe mu mwaka ushize kimwe n’uyundi ambasaderi w’igihugu cyo muri Afurika nacyo kitatangajwe hakoreshejwe Pegasus.

Amakuru Daily Monito ivuga ko ifite, ngo agaragaza ko ba injeniyeri mu bijyanye n’ikoranabuhanga n’itumanaho bavumbuye ko telephone zinjiriwe bakabimenyesha ba ambasaderi bombi ko ibiganiro byabo kuri telephone byumvirijwe, ariko ko kitamenye umuntu waba waragerageje kubumviriza.

Ambasaderi Ayebare kuri uyu wa gatanu akaba yabwiye iki kinyamakuru ko ntacyo yemerewe kuvuga kuri aya makuru kuko akiri mu iperereza rya Loni.

Gusa yagize ati “ Ayo makuru mwayakuye he? Ariko icyo navuga izo ni ingaruka z’akazi.”

Mu mwaka ushize, Perezida Museveni yahaye Ambasaderi Ayebare, wigeze kuba Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda mbere yo kujya guhagararira iki gihugu muri Loni, inshingano zo kwihutisha ibyutswa ry’imibanire ya dipolomasi hagati y’ibihugu byombi imaze igihe itifashe neza.

U Rwanda rukaba rwarashyizwe mu majwi rushinjwa gukoresha iyi software ya Pegasus mu kuneka abayobozi b’ibihugu bitandukanye by’ibituranyi nka Uganda, u Burundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ariko rwo rukomeje kubihakana ruvuga ko nta bushobozi rufite bwo gutunga iri koranabuhanga.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *