Pegasus: Macron yatumije inama y’umutekano y’igitaraganya nyuma yo kumva ko yaba yarumvirijwe

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron kuri uyu wa Kane, itariki 22 Nyakanga yahamagaje inama y’umutekano y’igitaraganya nyuma y’aho telephone ye ubwe igaragariye ku rutonde rw’izishobora kuba zarumvirijwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya Pegasus ry’ikigo cyo muri Israel, NSO Group.

Mu minsi ishize nibwo itsinda ry’ibinyamakuru mpuzamahanga ryagaragaje ko application ya Pegasus yakozwe n’ikigo cy’ikoranabuhanga cyo muri Israel, NSO Group yakoreshejwe mu kwinjira mu mabanga yo muri telephones zo mu bwoko bwa smartphones z’Abanyamakuru, abanyapolitiki, abakozi ba za guverinoma n’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu hirya no hino ku Isi, harimo no mu Bufaransa.

Iyi nkuru dukesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, ivuga ko Perezida Emmanuel Macron yasabye gukora amaperereza atandukanye nyuma y’aho ikinyamakuru Le Monde gitangarije ko imwe muri telephone akoresha n’izindi z’abayobozi bagera kuri 15 muri guverinoma zari mu bipimo by’abashaka kuzinjirira muri za 2019.

Ariko batabashije gusesengura neza telephone ya Macron ubwayo, abanyamakuru ntibabashije kwemeza neza niba uko kwinjirirwa kwarashobotse.

Kwinjirirwa na Maroc

Ibimenyetso byo kugerageza kwinjira mu mabanga ya telephone ya perezida w’u Bufaransa byasanzwe muri telephone yakoreshwaga n’uwahoze ari minisitiri w’ibidukikije, Francois de Rugy, wegereye cyane Macron.

Bivugwa ko ikoreshwa rya pegasus hagamijwe kuneka abayobozi bo mu Bufaransa ryaturutse mu gihugu cya Maroc, inashinjwa kwibasira abanyamakuru batandukanye b’Abafaransa ikoresheje iyi software.

Abashinjacyaha bo mu Bufaransa bakaba barafunguye iperereza nyuma y’ibirego byatanzwe n’abanyamakuru ba Mediapart na Le Canard Enchainé. Guverinoma ya Maroc ariko yo ihakana ibyo ishinjwa ivuga ko itigeze itunga iyi software.

Ku rundi ruhande, abanyamakuru ba Radio France nabo basanze Umwami wa Maroc n’abandi bo mu muryango w’ibwami na bo barumvirijwe n’umukiriya wa NSO Group w’Umunya-Maroc.

NSO Group ariko yahakanye ko Perezida Macron yaba yari mu mboni z’abakiriya ba yo bashaka kumwumviriza.

Yaba iki kigo cya NSO Group na Minisiteri y’ingabo ya Israel, igenzura icuruzwa ry’iyi software mu mahanga, bivuga ko Pegasus ikoreshwa gusa mu gukurikirana abakora iterabwoba n’abanyabyaha kandi ko abakiriya b’abanyamahanga babo ari za guverinoma gusa nazo ziba zizweho.

Umuyobozi wa NSO, Shalev Hulio, kuri uyu wa kane yabwiye Radio y’Igisirikare cya Israel, ko iki kigo cyakoranye n’ibihugu 45 kandi cyangiye imikoranire ibindi bigera muri 90 kandi cyafunze sisitemu za pegasus eshanu kubera gukoreshwa nabi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *