Pep Guardiola yagiriye inama Man. United ku mutoza ikwiye kuzana

Sangiza iyi nkuru

Umutoza w’ikipe ya Manchester City, Pep Guardiola, yagiriye inama ikipe ya Manchester United yo kuzana umutoza wa Ajax Amasterdam, Erik ten Hag,wahoze anamwungirije muri Bayern Munich, kuko imikinire ye muri Ajax ishimishije kuyireba.

Uyu mutoza yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 2 Mata 2022, cyari cyerekeye gahunda afite muri Manchester City.

Guardiola ati: “Twacecetse kenshi, gusa ni umuntu udasanzwe. Natunguwe n’uburyo yicisha bugufi. Ku bigendanye n’ubushobozi bwe, reba ikipe ye ya Ajax mu myaka ya nyuma ishize, iba ishimishije kuyireba. Mu mikino myinshi atari umwaka bageze muri kimwe cya kabiri cya Champoins League.”

Akomeza agira ati: “Ku bijyanye n’ubushobozi bwe, reba ikipe ye, kumenya umutoza, reba ikipe ye mu gihe kirekire, iyi ni ikipe umutoza utuma ikina. Nta gushidikanya iyo nza kuba ari njye ijana ku ijana nari guhamagaraga Manchester United, nkababwira ngo mufite kumufata, ariko ntawe ubizi”.

Gusa Pep Guardila ufite amasezerano muri Manchester City azarangira umwaka utaha, yanahishuye ko uyu mutoza yaba umusimbura we mu gihe yaba amaze kuva muri iyi kipe.

Erik ten Hag w’imyaka 52 wagejeje Ajax muri kimwe cya kabiri cya UEFA Champions League mu myaka itatu ishize, yakomeje kuvugwa mu ikipe ya Manchester United, ndetse kugeza ubu ni nawe uhabwa amahirwe menshi yo kwegukana uyu mwanya.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *