Pep Guardiola yagiriye Messi inama nziza ku bafana ba FC Barcelona

Sangiza iyi nkuru

Umutoza Pep Guardiola utoza ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, yagiriye Lionel Messi inama y’uko ikiza kuri we ari uko atava muri FC Barcelona.

Ni inkuru yatangajwe n’Ikinyamakuru Mundo Deportivo cyavuze ko gifite amakuru aturuka mu bantu ba hafi mu kipe ya Manchester City, bakibwiye ko iyi kipe ngo yasesenguye ibijyanye n’amafaranga yagura Messi ndetse n’umushahara yamuhemba igasanga nta bushobozi yabona.

Mundo Deportivo ibisanisha no kuba Manchester City iheruka gucibwa na UEFA amande angana na miliyoni 10 z’ama-Euro kubera kwica amabwiriza ya Financial Fair Play igura abakinnyi, bityo ikaba itifuza kongera kugwa muri uwo mutego.

Ngo bijyanye n’uburyo gusinyisha Messi bigoye na cyane ko FC Barcelona na yo yinangiye, Pep Guardiola yabihereyeho asaba Messi gukomeza gukinira iyi kipe amazemo imyaka hafi 20.

Cyakora cyo mu gihe FC Barcelona yakwemerera Messi kuyivamo ku buntu, ngo nta kabuza ikipe ya Man City yemera kumusinyisha.

Mundo Deportivo mu busanzwe ishinjwa gukorera mu kwaha kwa Perezida Josep Maria Bartomeu wa FC Barcelona, yanatangaje ko ku munsi w’ejo ku wa gatatu Messi azagirana ibiganiro na Perezida Bartomeu, ikigamijwe kikaba ari ukureba uko yakongera amasezerano azageza mu mpeshyi ya 2023.

Ku wa kabiri w’icyumweru gishize ni bwo Messi yabwiye FC Barcelona ko adashaka kongera kuyikinira, ahanini bitewe n’uko iyi kipe yagiye yitwara mu minsi yashize cyane mu irushanwa rya UEFA Champions league.

Ku wa mbere w’iki cyumweru Barça yatangiye imyitozo mu rwego rwo kwitegura umwaka utaha w’imikino, gusa Messi ntiyigeze ayigaragaramo; ibishimangira ko agihagaze ku cyemezo yafashe cy’uko agomba kwigendera.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *