Perezida Biden avuga ko nta bushotoranyi burimo ku kurasa ibisasu kwa Koreya ya Ruguru

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Amerika Joe Biden yavuze ko adafata nk’ubushotoranyi igerageza ryakozwe na Koreya ruguru ry’ibisasu bya misile biterwa mu ntera ngufi.

Ni ryo gerageza rya mbere ry’ibyo bisasu Koreya ya ruguru ikoze kuva Perezida Biden yagera ku butegetsi ku itariki ya 20 y’ukwezi kwa mbere.

Biden yongeyeho ko abategetsi bo muri minisiteri y’ingabo y’Amerika bavuze ko ibyo Koreya ya ruguru yakoze ari “ibintu bisanzwe”.

Bivugwa ko mu mpera y’icyumweru gishize Koreya ya ruguru yateye ibisasu bitari ibyo mu bwoko bwa ‘ballistic’, ibyo bikaba bitanyuranyije n’imyanzuro y’akanama k’umutekano k’umuryango w’abibumbye (ONU/UN).

Ibyo byabaye nyuma yuko Koreya ya ruguru inenze Amerika na Koreya y’epfo kubera ko byakoreye hamwe imyitozo ya gisirikare.

Binabaye kandi mu gihe ubutegetsi bwa Perezida Biden bukomeje kugerageza kugirana umubano na Koreya ya ruguru.

Igeragezwa ry’ibyo bisasu – ryatangajwe bwa mbere n’ibitangazamakuru byo muri Amerika – ubu ryanemejwe n’abategetsi b’Amerika na minisiteri y’ingabo ya Koreya y’epfo.

Koreya y’epfo yavuze ko misile ebyiri ziyoborwa zatewe mu nyanja ya ‘Yellow Sea’ mu rukerera rwo ku cyumweru zivuye mu mujyi wa Onchon muri Koreya ya ruguru.

Asubiza ibibazo by’abanyamakuru ku wa kabiri nijoro, Bwana Biden yagize ati: “Twamenye ko nta cyahindutse”.

Abajijwe niba afata iryo gerageza ry’ibisasu nk’ubushotoranyi, yavuze ati: “Oya, nkuko minisiteri y’ingabo ibivuga, ni ibintu bisanzwe. Nta gashya kari mu byo bakoze”.

Imyanzuro y’akanama k’umutekano ka ONU ni yo yavuyemo ibihano bikomeye byafatiwe Koreya ya ruguru. Biyibuza gusa kurasa intwaro ziteye inkeke, nk’ibisasu bya ‘ballistic’.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *