Perezida wa Turkiya, Recep Tayyip Erdogan, yahagaritse kwiyamamariza amatora nyuma yo gufatwa n’uburwayi ari kuri televiziyo imbonankubone aho ikiganiro cyahagaritswe mu buryo butunguranye .
Nyuma yo kuruhuka iminota 20, yagarutse avuga ko afite “ikibazo mu gifu” nyuma y’iminsi ibiri yiyamamaza.
Perezida Erdogan, ufite imyaka 69, azaba ahanganye mu matora n’umugabo ushobora kutazamworohera.
Umuyobozi mukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, Kemal Kilicdaroglu, yatoranyijwe n’itsinda ry’imitwe itandatu ya politiki ngo azarihagararire mu matora ataha.
Uyu nk’uko tubikesha BBC, ni umwe mu bayobozi benshi batavuga rumwe n’ubutegetsi bifurije perezida gukira vuba.
Ubushakashatsi buheruka gukorwa bwerekana ko aba bagabo bombi bazaba begeranye cyane mu majwi ariko bugaha Kilicdaroglu amahirwe menshi yo gutsinda mu matora yo ku itariki ya 14 Gicurasi.
Ku wa Gatatu, Perezida Erdogan yahagaritse kujya kwiyamamariza muri Anatolia rwagati, avuga ko yagiriwe inama yo kuguma mu rugo n’abaganga.


