Perezida Paul Kagame yageze i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida w’iki gihugu, Denis Sassou Nguesso.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ni bwo Umukuru w’Igihugu yageze i Brazzaville, mbere yo kwakirwa na Minisitiri w’Intebe wa Congo, Anatole Collinet Makosso.
Ku wa Kane tariki ya 16 Mata ni bwo Sassou Nguesso azarahirira gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville, mu muhango uzabera muri Stade de la Concorde iherereye mu mujyi Kintélé.
Ni nyuma yo gutorerwa kuyobora igihugu cye muri manda ya gatanu n’amajwi 94.82%; mu matora yabaye mu kwezi gushize.
Ubwo Sassou Nguesso byatangazwaga ko yatsinze ariya matora, Perezida Kagame ari mu bamwoherereje ubutumwa bumushimira, anamwifuriza ishya n’ihirwe muri manda nshya.
Umukuru w’Igihugu kandi yabwiye mugenzi we wa Congo ati: “U Rwanda rwishimiye cyane ireme ry’umubano mwiza dufitanye ndetse no gukomeza ubufatanye bwa hafi, bigamije gushyira mu bikorwa ibyihutirwa dusangiye no guteza imbere imibereho myiza n’iterambere by’abaturage bacu.”
U Rwanda na Congo bisanzwe bifitanye umubano n’ubufatanye mu bya dipolomasi na politiki kuko muri Kanama 2016, u Rwanda rwafunguye ambasade muri Congo-Brazzaville.
Mu 2011, u Rwanda na Congo-Brazzaville byagiranye amasezerano y’ubuhahiharane n’ubufatanye mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere, guteza imbere ubukerarugendo, ingufu, umutekano, ubutabera ibidukikije n’uburobyi.
Ni mu gihe RwandAir yo isanzwe ikorera ingendo hagati ya Kigali na Brazzaville guhera mu 2011.
Mu Ugushyingo 2021, ibihugu byombi byagiranye amasezerano y’ubutwererane mu bya gisirikare, ubufatanye mu kuzamura imyigire n’imyishirize muri za kaminuza, ubutaka, ubufatanye mu iterambere rirambye, kubungabunga ibidukikije, guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi no gukomeza kwagura ubufatanye mu guteza imbere ingendo zo mu kirere.
Ni amasezerano yashyizweho umukono n’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Biruta Vincent n’uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga no guteza imbere ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera muri Congo-Brazzaville, Denis Christel Sassou Nguesso.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) n’icyo muri Congo-Brazzaville cya SOPRIM (Société de Promotion Immobilière) kandi byashyize umukono ku masezerano y’imikoranire tariki ya 24 Ugushyingo 2021, bigamije guteza imbere ubufatanye mu rwego rw’imiturire, imijyi no kubaka inzu ziciriritse kandi zigezweho.
Mu 2023, Perezida Kagame yambitse Denis Sassou Nguesso wari mu Rwanda mu ruzinduko, umudali w’icyubahiro witwa Agaciro, amushimira umuhate we mu guharanira iterambere rya Afurika anamugabira inka.


