Perezida Kagame arishimira uko umutekano w’igihugu uhagaze – Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Rwanda akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Kane, yagiranye inama n’Inama y’ubuyobozi bukuru bw’ingabo ku cyicaro cya minisiteri y’ingabo ku Kimihurura, aho yashimye uruhare rwa RDF mu kurinda ubusugire n’umutekano by’igihugu muri rusange.

33835406596_0b244551e9_z

33062966233_d4d14dd41c_z

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ingabo riravuga ko Perezida Kagame yashimye uko umutekano w’igihugu uhagaze muri iki gihe hitegurwaga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 23 guhera kuri uyu wa Gatanu.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

33491091200_e527101a72_z

33062351263_00b1f28f9b_z

Yasabye igisirikare cy’u Rwanda gukomeza kugendera ku ntego ivuga ngo “Ntibizabe ukundi” bakora ku buryo ibyabaye mu myaka 23 ishize bitazongera kuba.

33061948873_fa27056dbb_z

Umukuru w’igihugu kandi yibukije iyi nama y’Ubuyobozi bukuru bw’ingabo gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura no kukigumisha mu ngabo nk’imwe mu ntwaro y’ingenzi.

33747103011_8a7f3f5355_z

33875753385_5c5a15485c_z

Iri tangazo rya minsiteri y’ingabo rikomeza rivuga ko mu byaganiriwe muri iyi nama harimo uko RDF yarushaho kongererwa ingufu ngo ikomeze kubahiriza inshingano zayo ari nako hatezwa imbere imibereho myiza y’ingabo.

Abakeneye ko bwiza.com yazabasura, n’igihe mukeneye ko hari ibitangazwa mu binyamakuru byayo wakwandika kuri E-mail ya meckypro@gmail.com,cyangwa mugahamagara kuri 0784685981.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *