Abantu 3 ba mbere “batanga icyizere cyane muri Afurika” barahindutse gato mu mezi arindwi ashize nyuma yo gushyira ahagaragara verisiyo ya mbere. Umwanditsi wo muri Senegal yazamutse ku mwanya wa 3 ku rutonde rwashyizwe ahagaragara n’Ikinyamakuru Agence Ecofin.
Uyu mwanditsi wo muri Senegal, Fatou Diome, yazamutse ava ku mwanya wa 10 agera ku mwanya wa 3 ku rutonde rw’abantu batanga icyizere muri Afurika mu mezi arindwi, nk’uko verisiyo ya kabiri y’urutonde rwakozwe muri Nzeri na Agence Ecofin ibigaragaza.
Iki kinyamakuru cyatangaje ko Fatou Diome n’umunyamakuru Alain Foka wo muri Cameroun waje ku mwanya wa 2, bagaragara nk “abanyabwenge bakomeye” ku mugabane wa Afurika.
Umunyenganda n’umuherwe wo muri Nigeria, Aliko Dangote akomeje kuza ku isonga ry’urutonde, rugizwe n’abantu 50 bose. Uyu ukesha ubukire bwe ahanini inganda za sima, akomeje kuba umuherwe wa mbere ku mugabane mu myaka 12 ikurikiranye. Nk’uko Bloomberg ibitangaza, ngo muri Gicurasi 2023, umutungo we wageze kuri miliyari 20.5 z’amadolari.
Rwiyemezamirimo wo muri Cote d’Ivoire ufite n’ubwenegihugu bw’u Bufaransa akaba n’umunyapolitiki, Tidjane Thiam, ari ku mwanya wa kane, nyuma yo kugirana ikiganiro na televiziyo ya NCI, gifitanye isano n’amatora ya perezida yo mu 2025, nk’uko iki kigo kibitangaza.
Perezida w’inzibacyuho wa Mali, Assimi Goà ¯ta, yaje ku mwanya wa 5. Yasubiye inyuma umwanya umwe ugereranije n’urutonde rwabanje muri Gashyantare.
Ku mwanya wa gatandatu haza Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, uherutse kwemeza ko azongera kwiyamamaza mu matora yo mu mwaka utaha wa 2024. Nawe yasubiye inyuma umwanya umwe ugereranyije n’urutonde rwo muri Gashyantare.
Anthony Elumelu, umuhanga mu bukungu wo Nigeria akaba n’umugiraneza, Perezida wa Heirs Holdings, Transcorp akaba ari na we washinze Fondasiyo ya Tony Elumelu, yaje ku mwanya wa 7.

Mu 2020, Tony Elumelu yashyizwe ku rutonde rw’abantu ijana bavuga rikijyana ku Isi rw’ikinyamakuru Time cyo muri Amerika.
Umwanya wa 8 wajeho Sadio ManĂ©, umukinnyi mpuzamahanga w’umupira w’amaguru wo muri Senegal wamenyekanye mu 2022 nk’umukinnyi mwiza mu mateka y’ikipe y’umupira w’amaguru ya Senegal.
Nathalie Yamb, umugore w’umunyapolitiki, impirimbanyi wo muri Cameroun ufite n’ubwenegihugu bw’u Busuwisi, yazamutse mu myanya 10 ya mbere afata umwanya wa 9, amaze kuzamukaho imyanya 4 ugereranije n’ubushize.
Umukinnyi wa kabiri w’umupira w’amaguru uri kuri uru rutonde, Umunyakameruni Samuel Eto’o asoza urutonde rw’abantu 10 ba mbere muri Afurika batanga icyizere.
Uwahoze ari Perezida wa Cote d’Ivoire, Laurent Gbagbo, ari ku mwanya wa 14. Ibitangazamakuru bivuga ko urebye ko ateganya kugaruka ku ruhando mpuzamahanga, yateye imbere ugereranije n’umwanya yari ariho ku rutonde rwo muri Gashyantare 2023.
Rwiyemezamirimo w’umunyamerika akaba n’umuherwe ukomoka muri Afurika y’Epfo, Elon Musk, yisanze ku mwanya wa 25 kuri uru rutonde, amaze kuzamukaho imyanya 7 kuva umwaka watangira.


