Perezida Kagame na Ruto baganiriye ku mubano mwiza w'u Rwanda na Kenya

Perezida Kagame na William Ruto bahuriye mu Misiri, baraganira

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, na mugenzi we wa Kenya, Dr William Ruto, bahuriye mu Misiri, bagirana ikiganiro cyerekeye ku mubano w’ibihihu byombi.

Aba bakuru b’ibihugu bagiye mu Misiri kwitabira inama mpuzamahanga yiga ku mihindagurikire y’ibihe, izwi nka COP27.

Ibiro bya Perezida w’u Rwanda byemeje aya makuru biti: “Muri uyu mugoroba muri Sharm El-Sheikh, Perezida Kagame yagiranye ikiganiro na Perezida Dr William Ruto wa Kenya mbere ya COP27. Baganiriye ku mubano mwiza kandi ubyara imbuto wa Kenya n’u Rwanda.”

Perezida Ruto yatangaje ko ubushuti bw’ibihugu byombi ari inkingi ya mwamba mu iterambere n’umutekano w’akarere. Ati: “Ubushuti bwa Kenya n’u Rwanda ni ishyiga ry’imbere mu iterambere duhuriyeho ndetse n’umutekano w’akarere.”

Yakomeje ati: “Duhanze amaso iterambere ry’ubucuruzi no kwagura ishoramari hamwe n’u Rwanda, ku bw’inyungu z’abaturage b’ibihugu byombi.”

Perezida Kagame na Ruto baherukaga guhurira muri Kenya muri Nzeri 2022 ubwo uyu Perezida mushya wa Kenya yarahiriraga iyi nshingano.

Perezida Kagame na Ruto baganiriye ku mubano mwiza w'u Rwanda na Kenya
Perezida Kagame na Ruto baganiriye ku mubano mwiza w’u Rwanda na Kenya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *