Perezida Kagame yaganiriye na Xi Jinping w’u Bushinwa

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Nzeri yahuye anagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping.

Umukuru w’Igihugu ari i Beijing aho yitabiriye inama y’iminsi ibiri iri guhuza u Bushinwa n’umugabane wa Afurika (FOCAC2024).

Amakuru y’ihura rye na Perezida Xi Jinping yatangajwe na Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa, Hua Chunying.

Uyu ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Perezida Xi Jinping yahuye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda. Inama ya FOCAC2024 yatanze amahirwe y’amateka wo kuzamura umubano w’ubucuti w’amateka hagati y’u Bushinwa n’u Rwanda.”

Chunying yakomeje avuga ko u Rwanda n’u Bushinwa bihuriye ku kuba byombi bishyira imbere inyungu rusange z’abaturage, haba ku rwego rw’amashyaka ayoboye ibihugu byombi ndetse no ku rwego rw’imiyoborere ya Leta zabyo.

Yunzemo ati: “U Bushinwa bwiteguye guteza imbere icyizere gishingiye kuri Politiki ndetse no kwagura ubufatanyecyerekezo dusangiye n’u Rwanda, ndetse no kuba umufatanyabikorwa mu nzira y’iterambere”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *