Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, akaba na chairman wa Afurika Yunze Ubumwe, yahamagaje inama y’uyu muryango yo ku rwego rwo hejuru rw’abakuru b’ibihugu na za guverinoma ku kibazo cya Congo.
Igihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kirikangwamo amakimbirane ashobora gukurikira ibyavuye mu matora.
Inama y’abakuru b’ibihugu yatumijwe na Perezida Paul Kagame igomba kubera I Addis Abeba kuri uyu wa kane, itariki 17 Mutarama 2019.
Nk’uko itangazo ryashyizwe ahagaragara na A.U rivuga Iyi nama irabanzirizwa n’iya SADC.
Ni mu gihe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, umukandida Martin Fayulu yamaze kuregera urukiko rshinzwe kurinda itegeko nshinga yamagana intsinzi ya Felix Tshisekedi.
Fayulu avuga ko amajwi yibwe mu nyungu za Tshisekedi bivugwa ko yagize ibyo yumvikana na Perezida Kabila ucyuye igihe bakemeranya gusangira ubutegetsi.
Afurika Yunze Ubumwe ikaba ishimangira ko abarebwa n’iki kibazo bagomba kugira icyo bakora mu gushimangira demokarasi no kugumisha amahoro mu gihugu.
Afurika Yunze Ubumwe kandi iragira inama Abanyekongo ku kijyanye no gusaranganya ubutegetsi ngo hagume ituze muri politiki.


