enfjedew8amztvh.jpg

Perezida Kagame yakiriye intumwa za Ethiopia irimo imirwano

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye intumwa z’igihugu cya Ethiopia muri iki gihe ihanganye na Leta ya Tigray iri mu majyaruguru y’iki gihugu.

Ibiro bya Perezida Kagame (Village Urugwiro), byifashishije Twitter bitangaza ko ” Perezida Kagame yakiriye intumwa ziyobowe na Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia, Demeke Mekonnen, aho zamubwiye uko byifashe muri iki gihugu. Perezida Kagame yagaragaje icyifuzo cyo kugarura vuba amahoro n’umutekano.”

enfjedew8amztvh.jpg
Perezida kagame ari kumwe n’intumwa zivuye muri Ethiopia/ Ifoto: Village Urugwiro

enfja7_xyaamkom.jpg
Perezida Kagame ari kumwe na Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ethiopia, Demeke Mekonnen/ Ifoto: Village Urugwiro

Uru ruzinduko rubaye mu gihe kuri ubu Ingabo za Ethiopia ziri kwerekeza mu murwa mukuru wa Tigray.

Soma: https://bwiza.com/?Ingabo-za-Ethiopia-zerekeje-kugaba-ibitero-ku-murwa-mukuru-wa-Tigray

capture-35.png

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *