Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yatorewe kuba umuyobozi w’akanama k’abakuru b’ibihugu na guverinoma kiga ku cyerekezo cy’urwego rw’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe rwiga ku iterambere ry’uyu mugabane, AUDA-NEPAD kuri uyu wa 8 Gashyantare 2020.
Aya matora yabereye mu nama ihuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma yiga kuri gahunda y’icyerekezo 2063 cya AU, izwi nka Presidential Infrastructure Championship Initiative yabereye i Addis Abeba muri Ethiopia.
Tariki ya 9 Nyakanga 2019 i Niamey muri Niger ni bwo komite nyobozi y’uyu muryango (AU) wemeje itegeko rishyiraho, rikanagana imikorere y’iki kigo cya AUDA-NEPAD (African Union Development Agency-New Partnership for Africa’s Development), gisimbura ihuriro ry’ibihugu by’Afurika rigamije ubufatanye mu iterambere, NEPAD.
Mu ijambo yafashe nk’uko tubikesha urubuga rwa AUDA-NEPAD, Perezida Kagame yavuze ko: “Guhindura gahunda za NEPAD no guhuza ibigo, bikaba AUDA-NEPAD bigaragaza ko ari uburyo bwiza bugeza umugabane ku mpinduka”.
Perezida Kagame agiye kuri uyu mwanya, asimbuye Perezida Macky Sall wa Senegal. Azarangiza izi nshingano mu 2022.


