Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yasubitse uruzinduko yagombaga kugirira muri Mali ku wa Mbere tariki ya 20 Ukuboza 2021, aho byari biteganyijwe ko ahura na Perezida w’inzibacyuho, Col. Assimi Goïta n’abasirikare b’igihugu cye bariyo.
Nk’uko Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yabitangaje, Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa byasobanuye ko impamvu yatumye Macron asubika uruzinduko rwe, ari ubwandu bw’icyorezo cya Covid-19 bwongeye gutumbagira mu gihugu cye.
Gusubika uru ruzinduko rero, biri mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza ya Guverinoma yo kwirinda iki cyorezo, ari nako arinda ubuzima bw’abasirikare b’u Bufaransa bari muri Mali.
Uruzinduko rwa Perezida Macron rwari rugiye kuba mu gihe abasirikare b’u Bufaransa bari muri Mali bitegura gutaha. Mu byo yari kuzaganira na Col. Goïta havugwamo ugutaha kw’aba basirikare, abasirikare b’abacancuro b’umutwe wa Wagner Group bari mu karere no muri iki gihugu ndetse n’ubutegetsi bwacyo bw’inzibacyuho.


