Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli kuri uyu wa Mbere yirukanye ku kazi umuyobozi mukuru mu Karere ka Igunga, muri Tabora, Revocatus Kuuli, azira gukoresha nabi ububasha bwe. Iki cyemezo cyatangajwe mu itangazo rigenewe itangazamakuru n’ushinzwe itumanaho muri perezidansi, Gerson Msigwa.
Iri tangazo rivuga ko Perezida Magufuli yafashe iki cyemezo nyuma y’amakuru avuga ko Kuuli, yitwaje ko ari umukozi wa guverinoma, yagiye yikubira ubutaka bw’Abanyatanzaniya binyuranyije n’amategeko. Yanashinjwe kandi imikorere mibi no kunyereza umutungo wa leta.
Iyi nkuru dukesha ikinyamakuru The Citizen ivuga ko Perezida Magufuli yafashe iki cyemezo nyuma yo guca mu Karere ka Igunga agahagarara agasuhuza abaturage akumva ibibazo byabo.
Itangazo riragira riti “Perezida Magufuli yategetse komiseri w’intara ya Tabora, Dr Phillemon Sengati, guhitamo umukozi wa Leta ufite ubunyangamugayo kugira ngo akore nk’Umuyobozi nshingwabikorwa wa Igunga kugeza igihe hazashyirwaho umushya ku mugaragaro,”
Iyi nkuru iravuga ko Perezida Magufuli yari yaraburiye Kuuli mu bihe byashize nyuma yo kumenya imikorere ye no gutoteza abagore kwe.
Bwana Kuuli wari warashyizwe muri uyu mwanya mu 2016, avuga ko yakiriye icyemezo cya perezida kandi ko ntacyo yabivugaho.
Gusa, avuga ko ubutaka bungana na Hegitari 7 yaguze ku mugore wo muri aka karere ka bushobora kuba ari bwo bwatumye yirukanwa.
Avuga ko ubwo butaka yabuguze ku mugore utatangajwe amazina, kuri miliyoni 11 z’Amashilingi, amwishyura miliyoni 9 cash. Uyu mugore ngo akaba yarashakaga amafaranga yo kujya kuvuza umwana we mu Buhinde, kandi yari yemeye ko azishyurwa miliyoni 2 zisigaye nyuma.
Ariko, Magufuli yamubajije niba yararangije kwishyura iryo deni ubwo yasuraga akarere ubwo yiyamamazaga mu matora aheruka, asubiza ko yayishyuye.


