Perezida Museveni afitiye igisubizo abamwita igicucu

Sangiza iyi nkuru

Umukuru w’Igihugu cya Uganda, Perezida Yoweri Kaguta Museveni kuri uyu wa 9 Nzeri 2020 yasubije abantu bakiri bato bamwita “umuntu w’igicucu cyane”.

Perezida Museveni nk’uko yumvikana muri videwo y’umunora n’amasegonda 29 yacishije ku rubuga rwa Twitter, yagize ati: “Hano ku mbuga nkoranyambaga mpahurira n’abakiri bato, bamwe muri bo barantuka gusa singomba kurwana nabo kugira ngo mbemeze.”

Muri abo bamutuka ngo harimo abamwita umuntu w’igicucu cyane (a very stupid person), akabasubiza ati: “Bambwira ko ndi umuntu w’igicucu cyane, nkababwira nti OK, yego ndi cyo ariko nshobora kugenza ibirenge byanjye bibiri. Nanjye ndabasubiza.”

Yakomeje ati :”Ntabwo nkwiriye kurwana n’aba bana kugira ngo mbatsinde. Iyo ari nk’10 banshotoye nkabohereza ubutumwa mbasubiza, batandatu ni bo basigara, bane bakansubiza bati umugabo avuze ingingo nziza. Ubwo nsigarana batandatu basigara bambaza igihe ntahira, ariko gutaha si ikibazo.”

Perezida Museveni yavuze ko bidakwiye gusubiza abantu nk’aba na we abatuka, ahubwo agomba gukoresha ururimi neza mu buryo bubemeza (persuading language). Ngo ubwo ni bwo buryo butuma umuntu yigarurira imitima yabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *