Perezida Museveni agiye guhabwa igihembo cyo kurwanya COVID-19 ku isi

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, mu kwezi gutaha azahabwa igihembo nk’ubuyobozi wagaragaje ubwitange n’umurava by’indashyikirwa mu kurwanya icyorezo cya Covid-19. Iki gihembo kizatangirwa mu nama biteganyijwe ko izabera i Toronto, muri Kanada.

Biteganijwe ko abayobozi ba leta, abahanga n’abacuruzi bagera kuri 11 bazashyikirizwa ibihembo kubera uruhare rukomeye bagize mu gukumira ibyorezo nka Covid-19.Uganda yahuye n’ibyorezo byinshi nk’indwara ya virusi ya Ebola, Covid-19 na Marburg, kandi abahanga bo muri iki gihugu bafashije ibindi bihugu kwirinda icyorezo cya Ebola.

Abbey Walusimbi, umujyanama mukuru wa perezida ku bikorwa by’abanya Uganda baba mu mahanga, yavuze ko iki gihembo ndetse n’ishimwe bigamije kandi kwemeza Uganda nk’intangarugero mu gukumira icyorezo muri Afurika.

Iyi nama mpuzamahanga yateguwe na Livelihood Development Initiatives International (LDII) Kanada, ku bufatanye na guverinoma ya Canada, Ikigo cya Leta gishinzwe iterambere (Igad), Umuryango w’ubumwe bw’Afurika y’akarere ka 6 ku isi, OMS, Continental Investments LLC -Vietnam, n’Umuryango w’Abibumbye.

Icyakora, Dr Bruce Kirenga, umuyobozi w’ikigo cya Makerere University cya Lung Institute, akaba n’umwe mu baganga b’ubuvuzi bavuraga abarwayi ba Covid-19, yavuze ko gucunga Covid-19 ari kimwe mu bigoye.
Dr Kirenga yagize ati: “Ubu maze imyaka 22 ndi umuganga, sinari narigeze mbona indwara ituma abantu bakeneye oxygene(umwuka mwiza) y’inyongera nka Covid-19”.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Perezida Museveni agiye guhabwa igihembo cyo kurwanya COVID-19 ku isi
    Ug muzarebe neza kitazaba kirimo kabutindi ihitana Museveni abazungu sibeza ,arababangamiye ,kuko arwanya wamwanda wabo wo gutingana

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *