Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, biravugwa ko kuri uyu wa 20 Gicurasi 2021 asubira muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania.
Amakuru aturuka muri ibi bihugu byombi avuga ko Perezida Museveni ajya muri Tanzania gusinya amasezerano ya nyuma yo gushyira mu bikorwa umushinga w’ihombo ritwara ibikomoka kuri peteroli rihuza ibihugu byombi.
Iri hombo rizahuza agace ka Hoima muri Uganda na Tanga muri Tanzania rizafa rifite uburebure bw’ibilometero 1440 bikaba byitezwe ko rizuzura nyuma y’imyaka itatu ritangiye kubakwa, rikazatwara amadolari ya Amerika miliyari 3.5.
Umushinga wo kuryubaka wateguwe kuva mu 2017, ubwo Perezida Museveni na Dr John Pombe Magufuli wayoboraga Tanzania barishyiriragaho ibuye fatizo.
Uyu mushinga wari usa n’uwahagaze, wongeye gusubukurwa muri Nzeri 2020 ubwo Perezida Museveni yagiriraga uruzinduko muri Tanzania, we na Magufuli bagasinya amasezerano avuguruye awutegura.
Uruzinduko rwa Museveni rwakurikiwe n’urwo Perezida mushya wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan yagiriye muri Uganda muri Mata 2021. Icyo gihe aba bombi basinye andi masezerano ategura uyu mushinga.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


