Perezida Yoweri Museveni wa Uganda biravugwa ko yamaze kuregwa mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) kubera imirwano iherutse kubera Kasese yaguyemo abantu basaga 50. Museveni usanzwe utavuga rumwe n’uru rukiko akaba ashobora guhamagazwa muri uru rukiko akisobanura ku ruhare rwe muri iyi mirwano yahuje ingabo za leta n’iz’umwami wa Rwenzuru.
Kuwa 27 Ugushyingo nibwo ingabo za Uganda zifatanyije n’igipolisi zagabye igitero ku ngoro y’Umwami Charles Wesley Mumbere, nyuma y’aho uyu mwami yari yananiwe nk’uko yari yabisabwe na perezida Museveni gusenya umutwe ushinzwe kumurinda washinjwaga gukora ibyaha birimo kugaba ibitero ku bapolisi.
Biravugwa ko iki gitero cyaguyemo abarinzi b’umwami bagera mu 100, mu gihe Umwami Mumbere n’abarinzi be basaga 50 batawe muri yombi bagashinjwa ibyaha birimo ubugambanyi, iterabwoba, ubwicanyi n’ibindi. Nyuma y’iki giitero, bwakeye ku mbuga nkoranyambaga hacishwa amafoto agaragaza abantu bakomeretse n’abishwe n’umuriro, aho imwe mu mafoto yagaragaje imirambo igera kuri 30 y’abarinzi b’umwami irunze ku irembo mu gihe inzu zabo z’ibyatsi zari zirimo kugurumana nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uwitwa Tom Stacy uzwiho gukoresha facebook cyane akaba yiyita impirimbanyi y’uburenganzira bw’Abakonzo, avuga ko iyo foto yayigejeje ku Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kuri uyu wa kane, itariki 22 Ukuboza. Yavuze ko iyo foto yayitanganye n’ibindi bimenyetso bifatika bigaragaza ubwicanyi bwabereye ibwami icyo gihe.
Stacy akaba avuga ko ibi yabitanze ari kumwe na William Bukombi, uhagarariye ubwami bwa Rwenzuru mu Burayi uba mu mujyi wa London. Stacy yavuze ko iyi foto twaberetse izakurukirana ubutegetsi bwa perezida Museveni igihe cyose buzamara muri Uganda kubera ko ngo yamaze kugezwa muri ICC.
Uru rukiko mpuzamahanga ruri no kuburanisha Umugande Dominic Ongwen, ntiruremeza niba rwakiriye iki kirego kirega perezida Museveni. Museveni akaba ari umwe mu bakuru b’ibihugu muri Afurika ukunze kunenga uru rukiko arushinja kwibasira abayobozi bo muri Afurika.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



