Ishyaka NRM riri ku butegetsi muri Uganda, ryasabye Perezida Yoweri Museveni kuzakomeza kuyobora igihugu muri 2021 na nyuma y’aho. Itangazo ry’iri shyaka rikaba rije rikurikira ivugururwa ry’itegeko nshinga ryakozwe mu 2017 hagakurwamo ingingo ivuga ku myaka umukuru w’igihugu atagomba kuba arengeje, yari 75, kugirango uyu muperezida azabashe guhatanira izindi manda.
Mu myanzuro yafashwe na NRM igashyirwa ahagaragara kuri uyu wa Gatatu, itariki 20 Gashyantare, yahamagariye Perezida Museveni, uri ku butegetsi kuva mu 1986, kuzakomeza kuyobora iri shyaka n’igihugu mu 2021 na nyuma yaho kugirango impinduka zakozwe mu gihugu zitazahagarara.
Uyu mwanzuro ukaba wafashwe na komite nshingwabikorwa y’ishyaka NRM ubwo ryari mu mwiherero w’iminsi itanu wari uyobowe na Perezida Museveni ubwe muri hotel iherereye muri Pariki y’igihugu yitwa Murchison Falls, iri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu nk’uko iyi nkuru dukesha Jeune Afrique ikomeza ivuga.
Ibi rero bije nyuma y’uko mu 2017 hari hahinduwe itegeko nshinga hagakurwamo ingingo igena imyaka umukuru w’igihugu atagomba kuba arengeje (imyaka 75), ibintu bitishimiwe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse bigateza ubushyamirane mu nteko ishinga amategeko mu biganiro kuri iki kibazo.


