Perezida Nkurunziza akomeje gutsimbarara ku ijambo

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi wa Perezida Nkurunziza w’u Burundi atangaza ko ibyo yavuze atazisubiraho, ko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu mwaka utaha wa 2020, ngo n’ubwo bwose hari ababimusaba.

Jean-Claude Karerwa, umuvugizi wa Perezida Nkurunziza yabitangaje kuri uyu wa Gtatatu tariki ya 25 Nzeri 2019, mu kiganiro abavugizi b’inzego za Leta bagiranye n’abanyamakuru.

Karerwa avuga ko n’ubwo hari benshi bakomeza gusaba Nkurunziza kwiyamamaza ariko ko ntacyo byahindura ku cyemezo we ubwe yifatiye.

Yagize ati “Ni ibisanzwe ko abantu bakunda umuntu, ariko kandi nagira ngo menyeshe ko hari n’abatifuza ko yakomeza nk’umukuru w’igihugu. Uko bimeze rero, ntihakagire abishinga ibyo abantu baririmba, nta wabuza abantu kuririmba no gutangaza ibitekerezo byabo kuko ni uburenganzira bwabo”.

Akomeza avuga ko Nkurunziza atahindukira ku ijambo “Ntihagire uwibwira cyangwa ngo arote ko ishyaka CNDD-FDD rishobora kubura abiyamamaza, si nkekeranya, ishyaka rifite abifuza kuyobora igihugu benshi”.

Perezida Pierre Nkurunziza ayoboye u Burundi kuva mu 2005, mu 2015 yiyamamarije manda ya gatatu biteza imvururu cyane kubera ko abaturage bose batayivugagaho rumwe, bityo biviramo bamwe kuhaburira ubuzima, abandi barafungwa, ibihumbi by’abaturage birahunga,…

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *