Uyu munsi tariki ya 27 Ukuboza 2016, ni umunsi wa kabiri w’amasengesho mu gihugu cy’u Burundi, yateguwe n’umuryango wa Perezida Nkurunziza akaba arimo kubera mu Ntara ya Rutana.

Aya masengesho ngo ni ayo gushima Imana yarinze u Burundi n’Abarundi muri uyu mwaka wa 2016, yitabirwa na Perezida Nkurunziza n’umufasha we hamwe n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu ijambo perezida Nkurunziza yavugiye aho harimo kubera aya masengesho ku munsi wa mbere, yagize ati: “nta buyobozi bwiza butava ku Mana, ndashimira abaje kwifatanya n’umuryango wanjye muri iki cyumweru cy’ubuntu bw’Imana, Imana ihe umugisha u Burundi”.

Mu gihe aya masengesho yatangiranye n’umunsi wa mbere wa Noheli, Perezida Nkurunziza yanifurije umunsi mukuru mwiza ku Barundi by’umwihariko n’abari inyuma yarwo.
Aho yagize ati: “Umuryango wacu wipfurije Noheri Nziza Abarundi bose, abari mu gihugu n’abari mu makungu. Iyi Noheri itubere iy’intango n’ivyizigiro bishasha”.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibindi mu mafoto:


Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com


