Perezida Pierre Nkurunziza w’u Burundi yajuriye mu rubanza aregamo abarimo Televiziyo France 3 kumuharabika.
Abunganira Pierre Nkurunziza mu rubanza aregamo televiziyo yo mu Bufransa, France Trois, umunyamategeko Bernard Maingain, n’umwanditsi David Gakunzi baravuga ko bajuririye icyemezo giherutse gufatwa n’Urukiko rwa Paris ko nta cyaha gihama abaregwa muri uru rubanza.
Perezida Nkurunziza avuga ko bamuharabitse mu kiganiro France 3 yatambukije yerekana ubwicanyi bwakorwaga n’abo yavuze ko zari Imbonerakure zari mu rugo rw’umukuru w’igihugu ruherereye ahitwa Karuzi mu gihe cy’imvururu zakurikiye icyemezo cyo guhatanira indi manda mu 2015.
Nyuma, haje kumenyekana ko abari muri video yyatambukijwe na France 3 atari Abarundi ahubwo ari abantu bo muri Afurika yo mu burengerazuba, bituma Perezida Nkurunziza yinjira mu rubanza.
Umunyamategeko wunganira Perezida Nkurunziza, Maitre Arthur Vercken, yabwiye BBC ko impamvu aba bantu batahanwe ari uko video bashinjwa kugiramo uruhare urukiko rwayiciyemo kabiri rutayumvise yose.
Ati: “ Twebwe icyo tugiye gusaba urukiko, nuko rwahakana uko gucamo kabiri iyo nkuru, rukyayigenzura nk’ikintu kimwe, nk’uko abo yatangarijwe bayirebye. Ubwo rero biraboneka ko iyo urebye iyo nkuru yose, ari igikorwa cyo gushinja bwana Nkurunziza, ariko urukiko rukaba rwarayiciyemo kabiri kugirango rwirinde kuyigenzura mu mizi. Icyo nicyo tuzavuga imbere y’urukiko rw’ubujurire .”
Ku itariki 24 Mutarama 2019 nibwo Umunyamategeko w’icyamamare w’Umubiligi, Bernard Maingain, Umwanditsi w’Umurundi, David Gakunzi, ndetse na Televiziyo France 3 bagejejwe imbere y’urukiko rwo mu Mujyi wa Paris kubera icyaha cyo gusebanya bakurikiranweho nyuma y’inkuru bakoze ku Burundi yatambutse kuwa 13 Mutarama 2016 kuri France 3, aho bagombaga gusubiza ibirego bibashinja guharabika Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza.


