Perezida Nkurunziza yongeye gushimangira ko ataziyamamaza

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza umaze imyaka 14 ku butegetsi, avuga ko mu gihe gito gisigaye ngo manda ye irangire, imihigo yari yarahizwe izaba yarashyizwe mu bikorwa kandi ko iyaba itararangira neza abazamusimbura bazacumbukura ikivi.

Ku wa 20 Kanama 2019, mu ijambo rye ubwo yizihizaga imyaka 14 ishize ishyaka CNDD-FDD ifashe ubutegetsi na Nkurunziza akaba Perezida, yavuze ko hari byinshi byakozwe muri iyi myaka ishize amaze ayobora u Burundi muri Manda yita ebyiri, mu gihe hari abavuga ko ari eshatu.

Yagize ati “Ibisigaye bizashyirwa mu bikorwa muri iyi minsi isigaye, ibizaba bisigaye nabyo bizakorwa n’abazadukorera mu ngata”.

Mu mwaka wa 2015 ubwo Nkurunziza yiyamamazaga kuri manda bamwe bita iya Gatatu, we akayita iya kabiri bitewe n’uko iyitwa iya mbere we yemeza ko yashyizweho n’Abadepite, yateje imvururu cyane, bamwe bavuga ko ihabanye n’ibikubiye mu Itegeko Nshinga.

Iyi manda yatumye havuka imvururu mu Burundi, abasaga 1200 bahasiga ubuzima, ababarirwa mu bihumbi 400 barahunga.

Mu mwaka wa 2018, Leta y’u Burundi yagize ibyo ihindura mu Itegeko Nshinga, benshi bakeka ko bikozwe kugira ngo Nkurunziza yiyamamaze nta nkomyi ariko batungurwa no kumva atangaje ko ataziyamamaza indi manda, gusa bamwe mu batavuga rumwe na Leta bakemeza ko bitashoboka ko yava ku butegetsi.

Amatora y’umukuru w’igihugu akaba ateganijwe kuba mu 2020.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *