Perezida Ruto hamwe n'umunyemari Mo Ibrahim muri iki kiganiro cyabereye i Nairobi

Perezida Ruto yanenze uburyo abakuru b’ibihugu byo muri Afurika bafatwa

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Kenya, William Ruto, yanenze uburyo abakuru b’ibihugu byo muri Afurika bafatwa iyo bafatwa iyo bari ku yindi migabane, nka Amerika n’Uburayi.

Kuri uyu wa 29 Mata 2023, ubwo yari yari mu kiganiro ‘Mo Ibrahim Governance Conversation’ cyabereye i Nairobi, Perezida Ruto yavuze ko hari ubwo abakuru b’ibihugu byo kuri uyu mugabane basuzugurwa.

Yatanze urugero rw’inama zihuriza aba bakuru b’ibihugu byo muri Afurika mu kindi gihugu cyo hanze, bagahura n’umwe ukiyoboye. Ati: “Tugira inama, Afurika na US, Afurika n’u Burayi, Afurika na Turukiya, Afurika n’u Buhinde, ubu dutegereje indi ya Afurika n’u Burusiya na Afurika n’u Buyapani.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yamenyesheje abitabiriye iki kiganiro cy’imiyoborere ko abakuru b’ibihugu byo muri Afurika bafashe umwanzuro w’uko bidakwiye kongera kubaho. Ati: “Twafashe umwanzuro w’uko nta bwenge burimo kuba twese uko turi 54 tujya kwicara imbere y’umuntu umwe ahandi hantu.”

Ngo icyo abakuru b’ibihugu byo muri Afurika bemeje ni uko itsinda ry’abantu bari hagati ya 6 na 7 baturuka mu buyobozi bwa AU ari ryo rizajya rihagararira ibihugu byo kuri uyu mugabane mu nama izajya ibihuza n’ikindi cyo hanze yawo.

Perezida Ruto yibukije abitabiriye iki kiganiro uburyo abakuru b’ibihugu byo muri Afurika batwawe muri za bisi mu Gushyingo 2022, ubwo bari bagiye mu muhango wo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza wari uherutse gutanga.

Yagize ati: “Rimwe na rmwe dufatwa nabi. Twapakiwe mu muri za bisi nk’abana bo mu ishuri. Murabizi? Ntabwo bikwiye.”

Abasesengura uburyo abakuru b’ibihugu bafatwa iyo bageze ku yindi migabane, by’umwihariko mu bihugu bikomeye, bemeza ko ari ubukoloni bwiyuburuye.

Perezida Ruto hamwe n'umunyemari Mo Ibrahim muri iki kiganiro cyabereye i Nairobi
Perezida Ruto hamwe n’umunyemari Mo Ibrahim muri iki kiganiro cyabereye i Nairobi

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *