Perezida wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan yatangaje ko ingabo zidasanzwe z’igihugu ayoboye zatsinze abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba baturukaga mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.
Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu ijambo yavugiye ku birindiro by’ingabo bya Lugalo tariki ya 15 Ugushyingo 2021, ubwo yatangizaga ku mugaragaro inama y’abayobozi bakuru b’igisirikare cya Tanzania.
Abarwanyi b’uyu mutwe w’iterabwoba bagaragaye mu bikorwa bihungabanya umutekano wa Cabo Delgado yegereye Tanzania kuva mu 2017, hari ubwo bambukaga urubibi bakajya guhungabanya umutekano mu duce dutandukanye tw’akarere ka Mtwara.
Kimwe mu bitero aba barwanyi bagabye muri Tanzania ni icyo mu Kwakira 2020, aho abagera kuri 300 biciye abaturage babarirwa muri 20 mu gace ka Kitaya. Binjiye muri iki gihugu bambutse umugezi wa Ruvuma uri ku rubibi.
Aba barwanyi bakomeje kugaba ibitero muri iki gihugu no kugihungiramo, cyane ubwo ingabo z’ibihugu zirimo iz’u Rwanda n’iz’akarere ka Afurika y’amajyepfo, SADC ziri mu butumwa bw’amahoro muri Mozambique, zabirukankanaga, bamwe muri bo zikabica, abandi zikabafata mpiri.
Perezida Samia Suluhu yavuze ko Leta ya Tanzania yohereje ingabo zidasanzwe ku mupaka, zibasha kugarura umutekano. Ati: “Mu mezi ya vuba, amahoro n’umutekano ku mipaka yacu cyane cyane mu bice by’amajyepfo y’igihugu, byari byarahungabanyijwe n’umutwe w’iterabwoba waturukaga mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Uyu mutwe wageragezaga kugaba ibitero mu biturage byacu muri Mutwara, abantu bagapfa, bagakomereka, imitungo nayo ikangizwa. Ariko ingabo zacu zidasanzwe zoherejwe ku mupaka zatanze umusanzu mu gukomeza umutekano, zigarura iyuze mu karere kari mu bibazo.”
Abarwanyi b’uyu mutwe baheruka kumvikana muri Tanzania ubwo bahungaga mu ntangiriro za Kanama 2021. Inzego zishinzwe umutekano z’iki gihugu zari zarahiriye kubahata umuriro, bakabura aho bahungira kugeza bahagaritse ibikorwa by’iterabwoba.


