Perezida Suluhu yiyemeje guhagurukira ikibazo cy’impunzi z’Abarundi n’Abanye-Congo

Sangiza iyi nkuru

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzani, yijeje Igisirikare cy’igihugu cye ko agiye kwiga ku kibazo cy’impunzi z’Abarundi n’abanye-Congo zibangamiye umutekano wa Tanzania kugira ngo zibe zasubizwa iwabo.

Samia yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 23 Mutarama, ubwo yari i Dar es Salaam mu muhango wo gutangiza inama y’abayobozi bakuru mu ngabo za Tanzania (TPDF).

Muri iyi nama Umugaba Mukuru w’Ingabo za TPDF, Gen Jacob John Mkunda, yagaragarije Perezida Samia impungenge z’uko hari impunzi zimaze igihe kirekire ziba mu gice cy’Uburengerazuba bwa Tanzania zibangamiye umutekano w’iki gihugu.

Ati: “Ikibazo nyamukuru kibangamiye umutekano mu ntara zo mu burengerazuba bwa Tanzania, ni uko ako karere gahaye icumbi impunzi n’abasaba ubuhungiro igihe kirekire. Ku makuru ahari ni uko benshi muri izo mpunzi cyangwa abasaba ubuhungiro, cyane imiryango yabo, bahawe akazi muri Leta, mu nzego zitandukanye, ku buryo hari n’abari mu nzego zifata ibyemezo”.

Gen Mkunda nk’uko BBC yabyanditse, yibukije Perezida Samia Suluhu ko kuva mu 1972 Tanzania yagiye yakira impunzi zo mu bihugu bituranye na yo nk’u Burundi na RDC, ku buryo no mu mwaka ushize wa 2023 hari izibarirwa mu 139,000 iki gihugu cyakiriye.

Yavuze ko nk’abenshi mu bahunze mu mwaka ushize, bahunze ku mpamvu z’ubukene kuko “Tanzania ifite amahirwe menshi mu bijyanye n’ubukungu kurusha ibihugu baje baturukamo”, mbere yo gusaba Leta kwiga uko yasubiza iwabo impunzi zo mu bihugu byagarutsemo umutekano.

Yasabye Perezida Samia kandi “kwirukana impunzi zidafite uburenganzira bwo kwitwa impunzi, abimukira badafite ibyangombwa ndetse n’abasaba ubuhungiro babwimwe”.

Perezida Samia Suluhu yemereye TPDF ko agiye gushyira mu nshingano ze iki kibazo, binajyanye no kuba Ishami rya Loni ryita ku mpunzi (UNHCR) ryaragabanyije amafaranga yo kuzitaho ryatangaga.

Samia yavuze ko Tanzania iteganya kugirana ibiganiro bya Politiki n’ibihugu baturanye mu rwego rwo gukemeura ikibazo cya ziriya mpunzi.

Ati: “Iki kibazo turakimenye kandi tugiye kugihagurukira”.

Imibare itangwa na UNHCR yerekana ko muri Kamena umwaka ushize Tanzania yari icumbikiye impunzi n’abasaba ubuhungiro babarirwa mu 250,000 biganjemo abakomoka mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *