Perezida Suluhu yirukanye umuyobozi w’urwego rushinzwe ibyambu

Sangiza iyi nkuru

Perezida mushya wa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, Samia Suluhu Hassan, kuri uyu wa 28 Werurwe 2021 yirukanye Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe ibyambu (TPA), Eng. Deusdedit Kakoko.

Ni nyuma ya raporo yo mu mwaka w’2019/2020 yari amaze umunsi ashyikirijwe mu biro bye n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari, igaragaza ko muri TPA (Tanzania Ports Authority) hanyerejwe miliyari 3.6 z’amashilingi akoreshwa muri iki gihugu.

Perezida Suluhu afashe iki cyemezo kugira ngo Eng. Kakoko nk’umuyobozi wa TPA atazabangamira iperereza rigiye gukorwa n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe gukurikirana ibyaha bya ruswa n’inyerezwa ry’umutungo (PCCB) rigamije gushaka irengero ry’aya mafaranga.

Perezida Suluhu nk’uko tubikesha Citizen TV yabwiye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ati: “Muri raporo wampaye ejo hashize, amashilingi atari munsi ya miliyari 3.6 yaranyerejwe muri TPA. Ubwo Minisitiri w’Intebe yakurikiranaga iki kibazo, twirukanye abakozi bato batanu gusa.”

Akomeza ati: “Ubu ngubu ntegetse ko Umuyobozi Mukuru wa TPA yirukanwa kugira ngo hakorwe iperereza kuri iri nyereza.”

Uyu ni we muyobozi wa mbere Samia Suluhu yirukanye kuva yatangira kuyobora Tanzania tariki ya 19 Werurwe 2021, asimbuye nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli wapfuye tariki ya 17 Werurwe, azize indwara y’umutima.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *