CJSQHB7HOFNWRDZ42O24EOLTEE

Perezida Trump yakuye Amerika mu Kanama k’Uburenganzira bwa Muntu asaba Loni kwisubiraho

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa kabiri, itariki 4 Gashyantare 2025, Perezida Donald Trump yashyize umukono ku iteka ryo gukura Amerika mu Kanama gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu (UNHRC) k’Umuryango w’Abibumbye. Iri teka kandi ririmo gusubiramo isuzuma ry’inkunga za Amerika mu Muryango w’Abibumbye.

Ni iki kindi kiri muri iri teka?

Trump yategetse kandi Amerika kuva mu Kigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe ubutabazi ku Banyapalestine (UNRWA). Yavuze ko Washington ifite n’intego yo gusuzuma uruhare rwayo mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO).

Trump yari yarakuye Amerika muri UNHRC muri 2018 muri manda ye ya mbere, ariko
uwamusimbuye, uwahoze ari Perezida Joe Biden, yagaruye Abanyamerika muri uyu muryango mu 2021.

Stephane Dujarric, Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye asubiza Trump mu itangazo rye yagize ati: “Guterres yakoranye umwete kugira ngo ashyire mu bikorwa ivugurura ryinshi … mu rwego rwo kongera imikorere no guhanga udushya”.

Yakomeje agira ati: “Inkunga Amerika iha Umuryango w’Abibumbye yarokoye ubuzima butabarika ndetse n’umutekano wateye imbere ku Isi”.

“Umunyamabanga Mukuru ategerezanyije amatsiko gukomezanya umubano utanga umusaruro na Perezida Trump na Guverinoma ya Amerika kugira ngo bongere umubano muri iyi Isi irimo imidugararo.”

Amerika ivuga ko Loni ibonerana Washington

Umuyobozi w’abakozi ba White House, Will Scharf, yatangaje ko mu bigo by’Umuryango w’Abibumbye hari “ukubogama kugamije kurwanya Amerika”.

Scharf yagize ati: “Muri rusange, iteka risaba ko harebwa uruhare rwa Amerika n’inkunga muri Loni bitewe n’ubusumbane bukabije ndetse n’urwego rw’inkunga mu bihugu bitandukanye.”

Hagati aho, Trump yavuze ko Loni ifite “imbaraga zidasanzwe” ariko ko “idakora neza.” Ati: “Bikwiye guterwa inkunga na buri wese, ariko ntitunganya, nk’uko dusanzwe tubibona.”

Trump avuga ko Loni ‘igomba kwisubiraho’

Trump avuga ko uyu muryango wa za Guverinoma “ugomba kwisubiraho, aho mu cyongereza cyiza yagize ati:” The intergovernmental organization has “got to get their act together’nk’uko yabitangarije abanyamakuru.

Ati: “Ntabwo bigenda neza, mvugishije ukuri kandi ntabwo bakora akazi.”

Trump yongeyeho ati: “Amenshi muri ayo makimbirane turimo gukoraho agomba gukemuka, cyangwa byibura tukagira ubufasha runaka mu kuyakemura. Ntabwo dusa nkaho tubona ubufasha. Iyo igomba kuba intego y’ibanze y’Umuryango w’Abibumbye.”

Trump yamaganye yivuye inyuma inkunga Leta Zunze Ubumwe za Amerika itera inzego z’Umuryango w’Abibumbye, mu kwiyamamaza kwe muri manda ye ya mbere ndetse atangira manda ye ya kabiri ahamagarira ibindi bihugu kongera umusanzu wabyo, cyane cyane ku bijyanye n’Umuryango w’Ubufatanye mu bwirinzi wa NATO.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *