Perezida Trump yashyizeho amabwiriza aca abaturage ba Koreya ya Ruguru ku butaka bwa Amerika

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashyizeho amabwiriza mashya aca abaturage bakomoka muri Koreya ya Ruguru ku butaka bwa Amerika.

Ibi bibanye nyuma y’intambara y’amagambo imaze iminsi hagati Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un na Donald Trump wa USA, nyuma yaho Koreya ya Ruguru ikomereje kugerageza ibitwaro bya kirimbuzi.

Nk’uko bitangazwa na BBC, ngo uretse Koreya ya Ruguru, Trump yanashyize Chad na Venezuwela kuri uru rutonde rw’ibihugu bitemerewe kugira abaturage bajya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ibiro bya Perezida Trump, bitangaza ko Koreya ya Ruguru itakoranye na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika “mu buryo ubwo ari bwo bwose” ndetse inanirwa kubahiriza ibisabwa. Kubera iyo mpamvu rero ingendo ku baturage bayo muri Amerika zahagaritswe.

Chad yo ngo n’ubwo ari umufatanyabikorwa mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba, ntiyigeze isangira amakuru y’ingenzi yerekeye iterabwoba yasabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Impushya zo kujya muri Amerika ku baturage bayo zahagaritswe.

Naho kuri Venezuwela, abategetsi bamwe muri guverinoma n’imiryango yabo ya hafi ni bo bahagaritswe.

Iki cyemezo kizajya mu bikorwa ku itariki ya 18/10 ariko ibiro by’umukuru w’igihugu, White House, byavuze ko kitazareba abasanzwe bafite impushya zo kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter

Itangishatse Theoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *