Perezida Tshisekedi ashobora kutitabira inama ya AU kubera imirwano ya M23 na FARDC

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, bivugwa ko yaba yafashe icyemezo cyo kutitabira inama ihuriza abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe muri Guinée Equatorial.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Actualité gikorera muri iki gihugu, asobanura ko impamvu uyu Mukuru w’Igihugu ashobora kutitabira inama ari uko mu gace ka Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo, mu bilometero 20 ugana mu mujyi wa Goma hakomeje imirwano hagati y’umutwe witwaje intwaro wa M23 n’ingabo za Leta, FARDC.

Iyi nama igizwe n’ibice bibiri, biteganyijwe ko itangira kuri uyu wa 25 ikazarangira ku wa 28 Gicurasi 2022, aho izaba yigirwamo ibirebana n’umutekano n’ihirikwa ry’ubutegetsi ryabayeho cyane muri iyi myaka ibiri.

Perezida Tshisekedi arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe wungirije ushinzwe ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *