Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi yahagaritse uruzinduko yagiriraga ku mugabane w’i Burayi, yiyemeza gusubira muri iki gihugu ayoboye, agakurikirana uko abaturage bagizweho ingaruka n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo bari gufashwa.
Byatangajwe n’ibiro bye mu ijoro ryo kuri uyu wa 22 Gicurasi 2021, ubwo iki kirunga cyegereye umujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru cyarukaga, kigatera abaturage babarirwa mu bihumbi bahunga.
Ibi biro byaraye bitangarije ku rubuga rwa Twitter biti: “Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo ari gukurikirana cyane uko umutekano uhagaze muri Kivu y’Amajyaruguru mu gihe ikirunga cyatangiye kuruka ku mugoroba w’uyu wa 22 Gicurasi 2021.”
Byatangaje ko uyu Mukuru w’Igihugu yihanganisha abagizweho ingaruka n’iruka ry’iki kirunga, abasaba gutuza no gukomezanya.
Ku mpamvu z’ingaruka iruka ry’iki kirunga ryateye mu baturage, ibi biro byatangaje ko Umukuru w’Igihugu yafashe icyemezo cyo guhagarika uruzinduko yagiriraga i Burayi.
Byagize biti: “Perezida yafashe icyemezo cyo guhagarika uruzinduko rwe i Burayi kugira ngo agere mu gihugu (RDC) kuri iki Cyumweru kugira ngo agenzure ihuzabikorwa rikorerwa abaturage batuye mu duce twakozweho n’iruka ry’ikirunga.”
Perezida Tshisekedi yavuye muri RDC tariki ya 16 Gicurasi 2021, agera mu Bufaransa aho yari yitabiriye inama irebana na Sudani n’irebana n’ubukungu bwa Afurika. Yari akomeje uruzinduko, agirana ibiganiro n’abahagarariye ibihugu n’imiryango bitandukanye.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


