Perezida Tshisekedi yakiriye, aganira na Blinken

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo yakiriye anaganira n’Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA), Antony John Blinken.

Blinken yageze i Kinshasa avuye muri Afurika y’Epfo, aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Yakiriwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RDC, Christophe Lutundula wamuherekeje ku biro bya Perezida Tshisekedi.

Tshisekedi yamaze kwakira uyu muyobozi ukuriye dipolomasi ya USA, ndetse bagirana n’ibiganiro byitabiriwe n’abayobozi bakuru bagera ku 9 barimo Minisitiri Lutundula, Minisitiri w’ingabo Gilbert Kabanda na Minisitiri w’itumanaho akaba n’Umuvugizi wa guverinoma, Patrick Muyaya.

Avuga ku guhura kwe na Perezida wa RDC, Blinken yagize ati: “Nishimiye guhura na Perezida wa RDC, Perezida Tshisekedi na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Lutundula. RDC ni umufatanyabikorwa w’ingenzi mu guteza imbere umutekano n’ituze, demukarasi n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, gukomeza iyubahirizwa ry’itegeko no kurwanya ibibazo biterwa n’ikirere.”

Ikiganiro hagati ya Blinken na Tshisekedi cyibanze ku gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi no ku kibazo cy’umutekano muke kimaze imyaka myinshi mu burasirazuba bwa RDC.

Cyakurikiwe n’ikiganiro impande zombi zagiranye n’abanyamakuru baba ab’ibinyamakuru bikorera imbere muri RDC n’abakorera ibinyamakuru mpuzamahanga.

Byitezwe ko kuri uyu wa 10 Kanama 2022, Blinken ava muri RDC aza mu Rwanda muri gahunda yo gukomeza umubano w’ibihugu byombi, by’umwihariko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *