Perezida wa Repubulika ya Haïti, Jovenel Moise, mu rukerera rw’uyu wa 7 Nyakanga 2021 yishwe arashwe n’agatsiko k’abagizi ba nabi bataramenyekana, umufasha we na we arahakomerekera.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu byemeje iyi nkuru bivuga ko Perezida Moise n’umugore we bagabweho iki gitero ubwo bari mu rugo rwabo rwihariye, saa saba.
Byagize biti: “Ahagana saa saba kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Nyakanga, agatsiko k’abantu batamenyekanye, barimo abavuga Iki-Espagnol kagabye igitero ku rugo rwihariye rwa Perezida wa Repubulika, bakomeretsa byo gupfa Umukuru w’Igihugu. Umufasha we yakomerekejwe n’amasasu, ari guhabwa ubuvuzi bukenewe.”
Minisitiri w’Intebe, Claude Joseph ni we wahise afata inshingano ya Perezida w’inzibacyuho nk’uko bitagenywa n’Itegekonshinga.


