Perezida wa Kenya abona harimo uburwayi kuba Afurika itegereza u Burayi ngo butabare Somalia

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, abona harimo uburwayi bwo mu mutwe kuba ibihugu byo ku mugabane wa Afurika bitegereza umuryango w’ubumwe bw’u Burayi (EU) ngo uhe Somalia inkunga yifashisha mu kurwanya iterabwoba.

Mu kiganiro yagiranye n’umuherwe Mo Ibrahim, cyabereye i Nairobi kuri uyu wa 29 Mata 2023 imbere y’abantu benshi bari mu byiciro bitandukanye, Perezida Ruto yagaragaje ko umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) wakabaye ari wo ukemura iki kibazo.

Yagize ati: “Dukeneye kubaza dukomeje ku miyoborere ya AU. Uyu munsi nta n’ubwo twafasha Somalia. Dutegereje EU ngo iduhe miliyoni 85 z’amadolari. Ni uburwayi bwo mu mutwe. Urambwira uburyo ibihugu 54, imyaka 60 bibonye ubwigenge, bidashobora kubona $ miliyoni 85 zo gufasha Somalia?”

Agaruka ku miyoborere ya AU, Perezida Ruto yatangaje ko imiyoborere ya AU yubakitse nabi. Ati: “Dufite imiyoborere ya AU yubakitse nabi. Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo ya AU akora bike kubera ko ububasha bwose twabwikubiye nk’abakuru b’ibihugu, kandi ntabwo wayobora igihugu ngo unayobore umugabane wa Afurika.”

AU igizwe n’ibihugu 54. Umuyobozi Mukuru wayo aba agomba kuba Umukuru w’Igihugu kimwe muri byo. Komisiyo yayo ikora nk’ibiro by’Umunyamabanga ishinzwe ibikorwa bya buri munsi by’uyu muryango iyoborwa n’umunyapolitiki.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *