Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari kuwa Kane tariki 20 Mutarama 2022, yavuze ko hari umugambi waburijwemo wo kumuturitsa hakoreshejwe bombe kuri kimwe mu biraro biri muri Leta ya Kaduna. Buhari uri mu ruzinduko muri iyo Leta, yavuze ko muri Nyakanga 2014, ubwo yari mu rugendo rwerekeza muri Leta ya Katsina, hari umugambi w’abantu atatangaje bashatse ” Kunturitsa bakoresheje bombe. ubwo nari ngeze ku kiraro cya Kawo.” Aya makuru Buhari yayashyize hanze ubwo hatahwaga ku mugaragaro ikiraro gishya cya Kawo, cyubatswe n’ubutegetsi bwa Guverineri, Nasir Ahmad El-Rufai. Yagize ati ” Habayeho ukugerageza kunturikiriza hano, hafi aha hari isoko ariko abarinzi babiburijemo.” Mu ruzinduko agirira muri Kaduna, Buhari yafunguye ikigo kigezweho cya siporo n’isoko ahitwa Murtala Square Kaduna. Yavuze ko ashobora kuzajya gutura muri Kaduna igihe azaba atakiri perezida. Ku munsi wabanje yari mu majyepfo ya Kaduna ahitwa Kafanchan, yishimira byinshi mu bikorwa yahafunguye. Biteganyijwe ko uruzinduko rwe ruzakomereza ahitwa Zaria, naho akazataha ibikorwa bitandukanye. Si kenshi Buhari yagiye agaruka ku makuru yo kurusimbuka kwe n’ubwo bizwi ko Nigeria idatekanye bitewe na Boko Haram, yazahaje iki gihugu.


