Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, yagaragaje ishyari ryiza ubwo yagereranyaga umujyi wa Kigali aherutse mu nama ya Commonwealth (CHOGM) n’imijyi yo ku mugabane w’u Burayi.
Hichilema wari kumwe n’umugore we Mutinta Hichilema bageze i Kigali tariki ya 23 Kamena, habura umunsi umwe ngo CHOGM itangire ku mugaragaro, bataha ku ya 26 Kamena.
Ku wa 27 Kamena, Hichilema yayoboye umuhango wo kurahiza ba komiseri bashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, abashinzwe kurwanya ruswa na ba Ambasaderi bashya.
Yababwiye ko yagize isoni ubwo yageraga i Kigali akabona uyu mujyi umeze nk’iy’i Burayi kandi uri mu gihugu cyanyuze mu mateka akomeye [ya jenoside yakorewe Abatutsi], kikiyubaka bushya nk’uko bisobanurwa n’ikinyamakuru Diggers News cyo muri Zambia.
Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati: “Ntabwo turi siriyasi (serious). Biteye isoni kuba Kigali ubu imeze nk’umujyi w’i Burayi.”
Perezida Hichilema yavuze ko abayobozi muri Zambia bakwiye kwiga bakomeje ibikenewe kugira ngo igihugu kigere ku iterambere ryifuzwa.





2 Responses
Perezida wa Zambia uherutse muri CHOGM abona Kigali imeze nk’i Burayi
Ndashaka umukunzi ufite imyaka 19
Perezida wa Zambia uherutse muri CHOGM abona Kigali imeze nk’i Burayi
Ndashaka umukunzi ufite imyaka 19