Perezida wa Repubulika ya Zimbabwe, Emerson Mnangagwa yikomye Ubwami bw’u Bwongereza abushinja kwivanga mu bibazo bireba gusa igihugu cye.
Ni nyuma y’aho mu kwezi gushize Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe umuryango Commonwealth n’iterambere w’u Bwongereza, Tariq Mahmood Ahmad atangarije raporo ya Mutarama-Kamena 2021 ivuga ko Leta ya Zimbabwe ikomeje gukandagira uburenganzira bw’ikiremwamuntu, bamwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bakibasirwa.
Mu bisobanuro yatanze, Tariq yavuze ko Leta ya Zimbabwe ita muri yombi abatavuga rumwe nayo bategura imyigaragambyo cyangwa bagatangariza ku mbuga nkoranyambaga amagambo anenga ubutegetsi.
Ibi birego u Bwongereza bwari busanzwe bushinja Zimbabwe, byatumye muri Gashyantare 2021 bufatira ibihano bane bakomeye mu bashinzwe umutekano muri iki gihugu kuko ngo bagira uruhare muri ibi byaha.
Perezida Mnangagwa kuri uyu wa 1 Ukuboza 2021, yavuze ko iyi raporo ya Minisitiri Tariq igaragaza ukwinjira mu bibazo bwite by’igihugu cyigenga kandi gifite ubusugire.
Yagize ati: “Mu cyumweru gishize, igihugu cyacu cya Zimbabwe cyagiweho impaka zitari ngombwa mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza. Muri izo mpaka zakozwe n’urwego rushinzwe ububanyi n’amahanga rudafite ububasha ku gihugu cyacu, ushinzwe ububanyi n’amahanga, Bwana Tariq yahishuye ko guverinoma y’Umwamikazi yagiriye inama muri Harare n’abagize amahuriro barimo abarimu muri Nzeri 2021 yerekeye imishahara n’ingaruka za Covid-19.”
Yakomeje avuga ati: “Kuri twebwe, ibi byemeza kwivanga gukomeye mu bibazo bwite by’igihugu cyacu, guhabanye n’ibiteganywa n’amasezerano ya Geneva, agenga umubano w’ibihugu.”
Perezida Mnangagwa nk’uko Nation yabitangaje, yavuze ko Zimbabwe ari igihugu cyabonye ubwigenge mu 1980 nyuma yo gukolonizwa n’u Bwongereza kandi kitari muri Commonwealth, umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza washinzwe n’ubu bwami; bityo ngo nta mpamvu y’uko bwakivanga mu bibazo byabo.
Uyu mukuru w’igihugu abona ko ari ikibazo gikomeye kuba Guverinoma y’u Bwongereza yaragiranye ibiganiro n’aya mahuriro y’abakozi bahawe akazi na Guverinoma ya Zimbabwe, bityo ngo igihugu cye kizabikoraho iperereza.


