Perezida wa Zimbabwe, Emerson Mnangagwa kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, yifatiye ku gahanga Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’aho abaturage bashyigikiye Perezida Donald Trump bakoreye imyigaragambyo ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko.
Perezida Mnangagwa yifashishije urubuga rwa Twitter, yavuze ko mu mwaka ushize, Perezida Trump uyoboye USA yashyiriyeho Zimbabwe ibihano by’ubukungu, iyishinja kurangwa n’ibikorwa bitandukira ihame rya demukarasi.
Ahera aha avuga ko iyi myigaragambyo yagaragaje ko USA atari igihugu gifite uburenganzira bwo guhana ikindi gihugu, ati: “Ibyabaye ejo byerekana ko US idafite uburenganzira bwo guhana ikindi gihugu, igishinja kutagira demukarasi. Ib bihano bigomba guhagarara.”
Perezida Mnangagwa yakomeje ashimira Joe Biden watorewe kuyobora USA, agaragaza ko Zimbabwe yiteguye gukorana n’ubutegetsi bwe, ku bw’inyungu z’abaturage b’ibihugu byombi.
Tariki ya 6 Mutarama 2021 ni bwo abayoboke ba Perezida Trump bemeza ko yatsinze amatora ya tariki ya 3 Ugushyingo 2020, bigaragambirije ku ngoro y’Inteko (U.S Capitol) iri i Washington DC, bahakorera urugomo ku buryo hari bamwe binjiyemo imbere.


