Iminsi ibiri ishize nta muntu ukira Covid-19, mu gihe handuye 310

erj4w0mw8aeocty-b60ef.png

Raporo Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yasohoye kuri uyu wa 7 n’uwa 8 Mutarama 2021 zigaragaza ko nta muntu n’umwe wakize icyorezo cya Covid-19 muri iyi minsi ibiri, ariko umubare w’abanduye wakomeje kuzamuka, ugera kuri 310. Nk’uko MINISANTE yabigaragaje kuri uyu wa 7 Mutarama, abanduye ni 167 mu bipimo 5970 byafashwe; mu gihe abo kuri […]

Sadate yavuze ko AS Kigali izatsindwa ibitego 11 kugira ngo ibe ubukombe

Munyakazi Sadate wahoze ayobora ikipe ya Rayon Sports, yifatiriye ku gahanga ikipe ya AS Kigali, avuga ko ishobora kuzatsindwa na Club Sportif Sfaxien ibitego 11 ubundi ikabona guhinduka ubukombe. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo ikipe ya AS Kigali ihagarariye u Rwanda mu irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo (Total CAF Confederation Cup), yatomboye […]

Burundi: Umuyobozi yabujije abagore kumugana bambaye ‘mini’

Umuyobozi wa Komini ya Ntahangwa mu Ntara ya Bujumbura, Ernest Niyonzima, tariki ya 7 Mutarama 2021 yabujije abagore n’abakobwa kumugana bambaye amajipo magufi azwi nka ‘mini’. Bigaragara mu itangazo yanditse uwo munsi, aho yagize ati: “Ubuyobozi bwa Komini Ntahangwa buramenyesha ababugana bose ko kizira kikaziririzwa kubugana mutikwije.” Yavuze ko aba batikwije ari abagore n’abakobwa baba […]

Zari yahakaniye umuhungu we wiyemerera ko ari umutinganyi

Umuherwe akaba n’umwe mu bagore bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zarina Hassan uzwi nka Zari, yahakaniye umuhungu we, Raphael Semwanga Jr, wiyemereye ko ari umutinganyi cyangwa se umwe mu baryamana bahuje ibitsina. Ni nyuma y’aho ibitangazamakuru bikwirakwije amafoto (screenshots) yerekana uyu musore w’imyaka 15 y’amavuko, aho ku wa 6 Mutarama 2021 […]

Bazakubitwa bicuze icyatumye ba nyina bababyara-IGP Ochola

Umuyobozi wa Polisi ya Uganda, IGP Martin Ochola avuga ko abantu bazafatirwa mu bikorwa byo “guteza ibibazo” mu gihe cy’amatora yo kuwa 14 Mutarama 2021 na nyuma yayo bazakubitwa bakicuza impamvu ba nyina bababyaye. IGP Ochola yatangaje ibi mu kiganiro cyarimo izindi nzego z’umutekano nk’amagereza n’urwego rushinzwe abahoze mu ngabo cyabereye i Naguru ku biri […]

Hari agace kitwa Kigali muri Centrafrica

Bitewe n’urukundo u Rwanda n’Abanyarwanda bakomeje kugirirwa muri Repubulika ya Centrafrica, bijyanye n’uko ingabo za RDF zimazeyo igihe zibungabunga amahoro n’umutekano, hari agace kaho kiswe Kigali. Nk’uko RBA dukesha aya makuru yabitangaje, Abanyarwanda baba muri Centrafrica barimo abahungiyeyo mu 1994 ubwo Abatutsi bakorerwaga jenoside. Hataroherezwayo ingabo z’u Rwanda ngo zibungabunge amahoro n’umutekano, Abanyarwanda nta gaciro […]

Burundi: Imipaka yo ku butaka no mu mazi igiye gufungwa mu kwirinda Covid-19

Guverinoma y’u Burundi kuri uyu wa 8 Mutarama 2021 yatangaje ko igiye gufunga imipaka yose yo ku butaka no mu mazi guhera tariki ya 11 uku kwezi, mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19. Bigaragara mu nyandiko y’ibyemezo byafashwe na komite ishinzwe kurwanya ikwirakwira ry’iki cyorezo mu Burundi. Gusa n’ubwo iyi mipaka izaba ifunze guhera […]

Padiri Ubald yasize avuze aho azashyingurwa-Mgr Hakizimana

Umwepisikopi wa Diyosezi ya Gikongoro, Mgr Hakizimana CĂ©lestin wa Gikongoro akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi ya Cyangugu, avuga ko Padiri Ubald Rugirangoga mbere yuko yitaba Imana yari yaravuze ko ashaka kuzashyingurwa mu Rwanda. Padiri Ubald Rugirangoga yitabye Imana mu masaha ya saa tanu z’ijoro zo muri Amerika nk’uko Mgr Hakizimana yabihamirije RBA. Yari amaze iminsi arembeye […]

Nyaruguru: Umwangavu w’imyaka 14 amaze amezi arenga 4 aburiwe irengero

niragire_anatolie_nyina_wa_umwana_yaje_kugeza_ikibazo_ku_buyobozi_bw_umurenge_wa_rusenge.jpg

Umwangavu witwa Niyitegeka Marthe w’imyaka 14, wabarizwaga mu Mudugudu wa Rwabijagi, Akagari ka Gikunzi, Umurenge wa Rusenge, Akarere ka Nyaruguru amaze amezi asaga ane yaraburiwe irengero nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa 26 Kanama 2020 araye mu rugo rw’umuturanyi wabo bafitanye amakimbirane ashingiye ku butaka, ababyeyi be batabizi. Nyina wa Niyiteka, Niragire Anatolie, avuga […]

CAF Confederation Cup: AS Kigali yatomboye ikipe yo muri Tunisia

img_20210108_143839.jpg

Ikipe ya AS Kigali ihagarariye u Rwanda muri CAF Confederation Cup, yatomboye Club Sportif Sfaxien yo muri Tunisia mu ijonjora rya nyuma rya ririya rushanwa. Ni nyuma ya tombora y’uko amakipe agomba guhura mu ijonjora rya nyuma rya ririya rushanwa yabereye i Cairo mu Misiri. AS Kigali mu ijonjora ry’ibanze yari yasezereye Orapa United yo […]

Rusizi: Abajyanama b’ubuzima barasaba imodoka ibafasha mu bikorwa by’ubuhinzi

bavuga_ko_imbaraga_bashyira_mu_kugeza_ifumbire_muri_uru_rutoki_igihe_baba_bafite_imodoka_ibafasha_igakora_n_ibindi_barushaho_gutera_imbere.jpg

Abajyanama b’ubuzima bagera ku 132 bo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, bavuga ko nyuma yo kwishyira hamwe no gukoresha neza agahimbazamusyi bahabwa mu bikorwa byo kwita ku buzima bw’abaturage baba bakoranye n’Ikigo Nderabuzima cya Rwinzuki muri uyu murenge, bashyize hamwe ubushobozi bagera ku bikorwa by’iterambere biramba ariko ngo baracyafite imbogamizi zikomeye zirimo […]

Gen Muhoozi yahamagariye abasirikare bagenzi be kubaha abagore babo no kurinda Uganda

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba uyobora umutwe w’ingabo zidasanzwe zishinzwe kurinda Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yasabye abasirikare bagenzi be gukunda abagore babo ndetse n’igihugu cyabo; nk’inzira ishoboka yo guhirwa mu buzima. Gen Muhoozi yabigarutseho asa n’ugira bagenzi be inama, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter akunze kunyuzaho ibitekerezo bye. Ati: “Kuri basirikare […]

APR FC yabonye abayobozi bashya barangajwe imbere na Gen Muganga

Ikipe ya APR FC Club guhera kuri uyu wa Gatanu, yamaze kubona abayobozi bashya barangajwe imbere na Maj Gen Muganga Mubarakak wagizwe Perezida wayo. Afande Muganga byari bimaze igihe bivugwa ko yamaze kugirwa Perezida w’iriya kipe y’Ingabo, yasimbuye Lt Gen Jacques Musemakweli yari amaze igihe yungirije. Abandi bahawe inshingano muri APR FC barimo Masabo Michel […]

Don Bosco baratabaza ngo hari umunyamahanga wavuze ko azahakora ikibi

Ababa mu Kigo cy’Abasezeliyani i Kigali cyitwa Don Bosco bavuga ko hari umunyamahanga wabazengereje ku buryo amaze kubasagarira inshuro zigera kuri ebyiri aho kuwa 7 Mutarama yavuze ko ” Nagaruka azahakora ikibi.” Aba bifashishijwe Twitter, bavuze ko ubushize uyu munyamahanga yaje n’uburakari ku buryo yibasiye umuyobozi w’ikigo. Banditse bagira bati ” Banyakubahwa RIB turabamenyesha ko […]

Padiri Ubald Rugirangoga yitabye Imana

img-20210108-wa0009.jpg

Padiri Ubald Rugirangoga wari uzwi mu bikorwa byo gusengera abarwayi bagakira , yitabye Imana kuri uyu wa 8 Mutarama 2021, aguye mu bitaro byo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho yari amaze iminsi arwariye. Amakuru y’urupfu rw’uyu Padiri, yemejwe n’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi ya Cyangugu, Nyiricyubahiro Musenyeri CĂ©lestin Hakizimana, […]

Perezida wa Zimbabwe yifatiye ku gahanga USA

Perezida wa Zimbabwe, Emerson Mnangagwa kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, yifatiye ku gahanga Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma y’aho abaturage bashyigikiye Perezida Donald Trump bakoreye imyigaragambyo ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko. Perezida Mnangagwa yifashishije urubuga rwa Twitter, yavuze ko mu mwaka ushize, Perezida Trump uyoboye USA yashyiriyeho Zimbabwe ibihano by’ubukungu, iyishinja kurangwa n’ibikorwa […]

Burundi: Urusaku rw’imbunda ziremereye rwumvikanye hafi n’u Rwanda

Mu masaa tanu y’ijoro ryo ku wa 6 Mutarama 2021, mu duce twa Nyamuzi na Ruhororo muri Komine Mabayi mu Ntara ya Cibotoke; hafi y’Akarere ka Rusizi mu Rwanda, humvikanye urusaku rw’imbunda ziremereye rwamaze iminota igera kuri 30. Aya makuru SOS Media yatangaje, ivuga ko iyakesha bamwe mu baturage batuye muri utu duce two mu […]

Habonetse undi muntu ukize ku Isi ahigitse Jeff Bezos

Elon Musk yabaye umuntu ukize kurusha abandi bose ku isi ubwo umutungo we muri rusange wageze kuri miliyari $185. Yafashe uyu mwanya awuvanyeho Jeff Bezos washinze iguriro kuri internet rya Amazon wari uwuriho kuva mu 2017. Uyu ufite uruganda rw’imodoka rwa Tesla n’ikigo cy’ibyogajuru SpaceX, yageze ku gasongero ejo kuwa kane ubwo imigabane ya Tesla […]

Umuhire Valentin wari inararibonye mu itangazamakuru, yapfuye

Umuhire Valentin wari inararibonye mu mwuga w’itangazamakuru ryo mu Rwanda, yapfuye ku mugoroba wo kuri uyu wa 7 Mutarama 2021, azize uburwayi. Ni amakuru murumuna we wari umurwarije mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK), yahamirije ibitangazamakuru birimo Kigali Today. Umuhire Valentin yashinze igitangazamakuru gikorera kuri interineti, Value News, akaba yaramenyekanye cyane mu mwuga w’itangazamakuru ryo […]