Umuyobozi wa Komini ya Ntahangwa mu Ntara ya Bujumbura, Ernest Niyonzima, tariki ya 7 Mutarama 2021 yabujije abagore n’abakobwa kumugana bambaye amajipo magufi azwi nka ‘mini’.
Bigaragara mu itangazo yanditse uwo munsi, aho yagize ati: “Ubuyobozi bwa Komini Ntahangwa buramenyesha ababugana bose ko kizira kikaziririzwa kubugana mutikwije.”
Yavuze ko aba batikwije ari abagore n’abakobwa baba bambaye amajipo magufi, abahungu n’abagabo baba bambaye amakabutura n’amasengeri.
Uyu muyobozi ku musozo w’iru tangazo, yibukije abaturage ko bajya bibuka gukaraba intoki mbere yo kwinjira aho basabira serivisi.



2 Responses
Burundi: Umuyobozi yabujije abagore kumugana bambaye ‘mini’
Ndamushyigikiye
Burundi: Umuyobozi yabujije abagore kumugana bambaye ‘mini’
Ndamushyigikiye