Zari yahakaniye umuhungu we wiyemerera ko ari umutinganyi

Sangiza iyi nkuru

Umuherwe akaba n’umwe mu bagore bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zarina Hassan uzwi nka Zari, yahakaniye umuhungu we, Raphael Semwanga Jr, wiyemereye ko ari umutinganyi cyangwa se umwe mu baryamana bahuje ibitsina.

Ni nyuma y’aho ibitangazamakuru bikwirakwije amafoto (screenshots) yerekana uyu musore w’imyaka 15 y’amavuko, aho ku wa 6 Mutarama 2021 yasobanuriraga ku rubuga rwa Instagram uburyo ari mu muryango w’abatinganyi.

Nk’uko bigaragara muri aya mafoto, ubwo Semwanga Jr yari ku rubuga rwa Instagram, yashyizeho umutwe ugira uti: “Nje ahabona” yongeraho ibendera riranga abari mu muryango w’abaryamana bahuje ibitsinda.

Zari mu gitondo cyo kuri uyu wa 8 Mutarama 2021, yabyukiye ku rubuga rwa Instagram (live), asobanura uburyo umuhungu we atari umutinganyi.

Yagize ati: “Umwana wanjye ni ingimbi, ashobora kubivuga nk’umwana, atabizi ariko si umutinganyi. Nabonye abantu benshi babikwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga, ni za views bishakira.”

Zari yakomeje avuga ko ikigaragaza ko uyu mwana atari umutinganyi, ariko uko afite umukobwa bakundana. Ngo kuba yatangaje ko ari umutinganyi ni ukugira ngo yikize abakecuru bo muri Tanzania na Kenya bamwiruka inyuma. Ati: “Imyaka 3 irashize abakobwa bamwiruka inyuma, barimo abakecuru bo muri Kenya na Tanzania; rero yabivuze kugira ngo abiceho. Afite umukobwa bakundana,…ntabwo ari umutinganyi.

Raphael Semwanga Jr umwana wa kabiri mu bo Zari yabyaranye na’umugabo we wa mbere, Ivan Don Semwanga (yarapfuye) wari umwe mu baherwe muri Afurika y’Epfo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *