Perezida Zelensky yirukanye umuyobozi w’urwego rw’umutekano n’umushinjacyaha mukuru kubera ubugambanyi

Sangiza iyi nkuru

Perezida Volodymyr Zelensky yirukanye umuyobozi w’urwego rw’umutekano wa Ukraine (SBU) n’umushinjacyaha mukuru, avuga ko hari ibibazo byinshi by’ubugambanyi byo gukorana n’u Burusiya muri iyo nzego zombi zikomeye.

Yavuze ko abahoze ari abakozi barenga 60 ubu barimo kurwanya Ukraine mu turere twigaruriwe n’u Burusiya.

Yongeyeho ko dosiye zigera kuri 651 z’imikoranire n’ubugambanyi ku bayobozi bashinzwe gutuma amategeko yubahirizwa.

Abayobozi birukanwe, Ivan Bakanov na Iryna Venediktova (bari ku ifoto), ntacyo baratangaza ku cyemezo bafatiwe nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Mu ijambo rye mu mashusho ryo kuri iki Cyumweru gishize, Perezida Zelensky yagize ati: “Ibyaha nk’ibi byibasiye ishingiro ry’umutekano w’igihugu … biteye ibibazo bikomeye ku bayobozi bakuru bireba [b’inzego zombi].

Perezida wa Ukraine yongeyeho ati: “Buri kibazo muri ibi bibazo kizabona igisubizo gikwiye.”

Iyirukanwa ry’umuyobozi wa SBU, Ivan Bakanov, wari inshuti ya Zelensky yo mu bwana, rije nyuma y’ifatwa ry’uwahoze ari umuyobozi wa SBU muri Crimée, yigaruriwe n’u Burusiya mu 2014. Oleh Kulinych nawe akekwaho ubugambanyi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *