Mu mujyi wa Marawi muri leta ya Philippines, abakirisitu baherutse guhigishwa uruhindu n’abagizi ba nabi bazwi nk’aba Daech, biba ngombwa ko abaturanyi ba bo b’abasilamu batiza abagore b’abakirisitu imyenda ihisha amasura (Hijabs )ngo babashe kujijisha barokoke.
Ni mu gihe abakirisitu babarirwa mu1 500 bari mu mutego w’aba barwanyi, bamwe muri bo bakaba babashije gucika bifashishije iyi myenda y’abaturanyi ba bo kuko bo batambuka nta kibazo, abasaga 100 bakaba barabashije gucika banyuze mu mihanda isanzwe, abandi bagaca aho bambuka imigezi bagana mu mujyi bahana imbibi wa Cagayan de Oro ku buryo ababashije gutahurwa bakagirirwa nabi ari bacye.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibitangazamakuru bivuga ko aba bagizi ba nabi bibanda ku bagore b’abakirisitu kurusha uko bibanda ku bagabo, amakimbirane atuma bagabwaho ibitero n’aba bagizi ba nabi akaba atari aya none.
Dr Gioia Ancheta, ni umuyobozi w’itsinda rya bamwe mu barokotse ubwo bugizi bwa nabi, biganjemo abakozi, yatangaje ko atari azi ko abaturanyi ba bo basanzwe batavuga rumwe mu bijyanye n’imyizerere bakwemera kubatiza imyenda bagamije kubarokorera ubuzima ariko bakaba barabikoze.
Abarwanyi bitwara kisilamu muri gariya gace ka Marawi, bakunze kuhakorera ibikorwa by’iterabwoba birimo ibyibasira abakirisitu, muri uyu mwaka bakaba barishe abagera kuri 290 barimo abasivile n’abasirikare ariko cyane cyane abagore.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille@Bwiza.com


