Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasabye Abanyarwanda kumenyera kubana n’icyorezo cya Covid-19 kuri ubu cyugarije Isi, ngo kuko bigoye guteganya igihe icyo cyorezo kizacikira burundu.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri Minisitiri Ngirente yari ari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, ageza ku bayigize b’imitwe yombi (Abadepite n’abasenateri) ingamba Guverinoma y’u Rwanda yafashe mu gukumira icyorezo cya Covid-19.
Ni icyorezo cyagaragaye bwa mbere mu Rwanda ku wa 14 Werurwe, kugeza ubu abamaze kucyandura bakaba barenga 1,600 barimo batanu kimaze guhitana.
Minisitiri Ngirente yavuze u Rwanda rwashyizeho ingamba zitandukanye mu rwego rwo kugira ngo inzego zitandukanye z’igihugu zitazahazwa cyane na kiriya cyorezo.
Yavuze ko ku birebana na Gahunda yo kuzahura ubukungu no kwihaza mu buryo buciriritse n’uburambye, kuva muri Gicurasi 2020 kugeza mu Ukuboza 2021 Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho gahunda yo kuzahura ubukungu hagamijwe gufasha ibikorwa byazahajwe na COVID-19.
Yavuze ko “Guverinoma yashyizeho ikigega cyo kunganira abikorera bahuye n’ingaruka za COVID-19”, hanashyirwaho komite ishinzwe kureba uko inganda z’imbere mu gihugu zakongera ubushobozi bwo gukora ibyo igihugu gikeneye.
Ku byerekeye urwego rw’imari, Minisitiri Ngirente yavuze Banki Nkuru y’Igihugu yashyizeho inguzanyo y’ingoboka yishyurwa mu gihe kisumubuye ku gisanzwe ya 50,000,000,000Rwf Banki zakwiyambaza.
Yavuze ko “Mu rwego rwo gufasha amabanki gukomeza gufasha inzego z’ubucuruzi zazahungabanywa na COVID-19, kuva ku wa 01 Mata 2020, BNR yemeje ko igipimo gitegetswe cy’amafaranga y’ubwizigame banki zitajya munsi, kiva kuri 5% kijya kuri 4%.”
Yavuze kandi ko BNR yagabanyije inyungu fatizo igurizaho amabanki, ikayishyira kuri 4.5% ivuye kuri 5%.
Mu gihe Abanyarwanda benshi batunzwe n’urwego rw’ubuhinzi n’Ubworozi, Minisitiri w’Intebe yavuze mu rwego rwo kwirinda ko uru rwego rwazahara, Ikigega cy’ingoboka kizongererwa ubushobozi bwo guhunika imyaka, bijyanye n’akamaro cyagize mu gihe cya Guma mu Rugo giafasha Igihugu kugaburira abari bagizweho ingaruka zikomeye n’icyorezo.
Ku bwa Minisitiri w’Intebe, Abanyarwanda barasabwa kumenyera kubana na Covid-19, ngo kuko nta wuzi igihe icyo cyorezo kizacikira burundu.
Yagize ati: “Biragaragara ko iyi ndwara ishobora kuzatinda gushira mu Gihugu no ku Isi muri rusange, bikaba bidusaba kumenyera kubana na yo. Ni muri urwo rwego, inzego zibishinzwe zirimo kunoza ingamba zo guhangana na COVID-19 kuva ku rwego rw’Igihugu kugera ku Mudugudu.”
Mu ngamba ziriho harimo Guma mu Rugo ikomeje gushyirwa mu bikorwa aho bigaragara ko Covid-19 yibasiye, bigakorwa nyuma y’ubugenzuzi n’isesengura, bikorwa n’inzego z’ubuzima.
Gahunda yo gupima Abanyarwanda na yo igomba gukomeza hirya no hino mu gihugu, ndetse amavuriro n’ibigo bivurirwamo abanduye Covid-19 bigakomeza kongererwa ubushobozi.


